Amizero
Ahabanza Amakuru Amakuru mashya

Koreya y’Epfo: Impanuka y’indege yahitanye benshi ku Kibuga cy’Indege cya Muan.

Abashinzwe ubutabazi baravuga ko indege yari itwaye abantu 181, kuri iki Cyumweru tariki 29 Ukuboza 2024, yaguye nabi ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Muan muri Koreya y’Epfo, igahitana byibuze abantu 179.

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kuzimya umuriro mu itangazo cyasohoye iyi mpanuka imaze igihe gito ibaye cyagize kiti: “Kugeza ubu, babiri barokowe naho 122 barapfa”.

Indege ya Jeju Air yari itashye ivuye i Bangkok, muri Thailande, igihe yakoraga impanuka igerageza kururuka.

Inzego zishinzwe ubutabazi n’amakuru aho zabanje gutangaza ko indege yagize ikibazo cy’ibikoresho byayo bituma yururuka.

Nyuma, ikigo gishinzwe kuzimya umuriro cyavuze ko ikirere cyafashwe ko ari cyo cyateje iyi mpanuka, hamwe no kugonga inyoni byatumye abagenzi n’abakozi bose bapfa uretse babiri gusa barokotse.

Umuyobozi w’ikigo gishinzwe kuzimya umuriro cya Muan, Lee Jeong-hyun, yagize ati: “Impamvu y’impanuka ikekwa ko ari ukugonga inyoni hamwe n’ikirere kibi. Icyakora, impamvu nyayo izamenyekana nyuma y’iperereza…”

Amashusho ya videwo yerekanaga indege irimo kunyerera ku Kibuga bigaragara ko amapine atafungutse mbere yo kugonga urukuta ikagurumana.

Related posts

FARDC na M23 barashinjanya kubangamira inzira y’amahoro.

N. FLAVIEN

Perezida Museveni yagereranyije uruhare rwa Joseph Kabila na Tshisekedi ku mutekano wa Uganda.

N. FLAVIEN

Abagabo bo mu Burusiya bari guhunga Igihugu batinya itegeko rya Putin ribajyana mu gisirikare.

N. FLAVIEN

Leave a Comment

EBONY88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Slot Gacor Hari Ini

Slot Deposit 10 ribu

Slot Gacor Hari Ini

Slot Online Gacor

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Asli4D

Asli4D

Asli4D

RSU Alam Medica

RSU Jati Husada

RSU Bina Kasih

RSU Graha Husada

RSU Medika Mulya

Sobat777

Sobat777

Sobat777