Ikipe y’Ingabo z’Igihugu, APR FC yitegura imikino itandukanye mu mwaka mushya w’imikino wa 2026/27 yatangaje ko yamaze kongera amaraso mashya mu batoza bayo, aho yongereyemo umutoza wongerera ingufu abakinnyi.
Umunya Morocco, Fouzir Mohamed wari usanzwe atuye mu gihugu cy’Ubufaransa ni we wagizwe umutoza wongerera ingufu abakinnyi akaba afite ubumenyi buhagije muri ako kazi dore ko ari Dogiteri mu kongerera ingufu abakinnyi nk’uko byemejwe na APR FC.
Itangazo ryasohowe na APR FC ku mbugankoranyambaga zayo, ryemeza ko uyu mutoza yatoje mu bihugu bitandukanye nka Morocco, Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, Saudi Arabia, Iraq, France, Belgium, ndetse na Gabon.
APR FC yemeye kuzana umutoza wongerera ingufu abakinnyi nyuma yuko bivuzwe ho cyane, ahanini bivuye ku mikino ya CECAFA Kagame Cup aho iyi kipe isanzwe itinyitse yasezerewe itarenze umutaru, bigaragara ko abakinnyi bayo nta myitozo bafite ahubwo buri wese akina ibye.
Abasesengura iby’umupira w’amaguru mu Rwanda bagaragaje ko umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Talib ashobora kuba ari ku rwego rwiza rwo kuba yatoza, gusa bakerekana ko imyaka ye ituma adatoza abakinnyi bakerebutse ari nayo mpamvu hasabwe ko haza umutoza wongerera abakinnyi imbaraga kugirango babashe kunyaruka mu kibuga.
APR FC ikomeje kwitegura Shampiyona y’umwaka w’imikino utaha ndetse n’imikino nyafurika ihuza amakipe yabaye aya mbere iwabo, gusa bikaba bigaragara ko nta mahirwe yo kuzitwara neza niba idakoze impinduka zifatika. Ku ikubutiro mu mikino nyafurika ikazahura na Les Aigles du Congo yo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, umukino wa mbere ukazaba mu ntangiriro za Nzeri 2026.




