Ikigo cya Tanzania gishinzwe ibipimo TBS – Tanzania Bureau of Standard cyashoye itangazo ku wa 07 Kanama 2028 rigira riti: “TBS irizeza abacuruzi na rubanda muri rusange ko ibinyobwa byose bisembuye bivugwa mu itangazo [rya Rwanda FDA] bikorerwa muri Tanzania, byujuje ibisabwa n’ibipimo byashyizweho na TBS kugira ngo birinde ubuzima n’umutekano by’abaturage, hubahirizwa ibipimo by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC SQMT Act 2006).”
Rikomeza rigira riti: “Byongeye kandi, Ikigo cya Tanzania gishinzwe Inganda n’Ubucuruzi kirakurikirana iki kibazo ku rwego mpuzamahanga, harimo no kubiganiraho n’Ubunyamabanga bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, kugira ngo ikibazo gikemurwe mu buryo bushoboka.”
Inzoga yari imaze kumenyekana cyane izwi nka Kiwingu, ni imwe muri rikeri (Liquor) yahise ikurwa ku isoko ry’u Rwanda kuko icupa ripima 0.5L ryaguraga amafaranga 1500, bigatuma abenshi bayinywa kuko ngo yarimo umusemburo mwinshi.


