Perezida wa Iran, Masoud Pezeshkian, yatangaje ko igihugu cye kitazigera kiyambura uburenganzira gifite bwo kwihaza kuri uranium, ashimangira ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika nta yandi mahitamo zigomba kuzabyemera.
Yabitangaje mu ijambo yagejeje ku bitabiriye inama ngarukamwaka yiga ku politiki y’ifaranga, yanyuze ku bitangazamakuru bya Leta.
Perezida Pezeshkian yavuze ko gahunda ya Iran ijyanye n’ingufu za Nikeleyeri izakomeza uko iri, anagaragaza ko ari uburenganzira bw’Igihugu gihabwa n’amategeko mpuzamahanga, nubwo hakomeje kwiyongera igitutu cy’ibihugu byo mu Burengerazuba.
Ibi bije mu gihe mu Busuwisi ku buhuza bwa Qatar, hari kubera ibiganiro hagati ya Iran na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho ikibazo cy’ikorwa ry’intwaro za Nikeleyeri kiri mu by’ingenzi bikomeje kugibwaho impaka.

