Amizero
Amakuru Amakuru mashya Imikino

APR FC yatsinzwe na Sunrise FC ivuye vuba mu cyiciro cya kabiri

APR FC yatsinzwe na Sunrise FC yavuye mu cyiciro cya kabiri mu mwaka ushize w’imikino, itsindwa igitego 1-0 mu mukino wa gicuti wabereye kuri Stade ya Nyagatare kuri uyu wa Gatandatu, umutoza w’iyi kipe, Banamwana Camarade, avuga ko nta byacitse na Real Madrid byayibaho.

Uyu wari umukino wa kane wa gicuti ku Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda ikomeje kwitegura umwaka w’imikino mushya wa 2026/27.

Mu kiganiro Banamwana yahaye itangazamakuru nyuma y’umukino, yagaragaje ko amakipe yose akwiriye kujya muri aka karere yikandagira, kuko iyo ari yo yose izahatsindirwa.

Yagize ati: “Ikipe ya APR ni ikipe ikomeye buri wese yubaha. Ndifuza ko nta kipe yava aha, iyo ari yo yose n’iyo yaba ari Real Madrid. Nzajya nkora uko nshoboye hano iwacu ntihagire uhava.”

“Udutsinda akadutsinda ahari kubera bimwe by’umupira, ariko sinifuza gutsindirwa aha. Icyo nifuza ariko ndashaka no gutsindira hanze.”

Uyu wari umukino wa kane iyi kipe yambara umukara n’umweru ikinnye nyuma yo kuva muri CECAFA Kagame Cup 2026 itarenze amatsinda.

Mu mikino itatu yabanje, APR FC yatsinze Gasogi United ibitego 2-0, itsinda Etincelles FC ibitego 2-1 na Mathare United yo muri Kenya igitego 1-0.

Umutoza Abderrahim Taleb yabanjemo abakinnyi basanzwe batabona umwanya wo gukina barimo umunyezamu Mudahigwa Christian, Omborenga Fitina, Bugingo Hakim, Ishimwe Abdoul na Nduwayo Alex bakina mu bwugarizi.

Hari kandi Ngabonziza Pacifique, Rubuguza Jean Pierre, Iraguha Hadji, Amani Michel, Hakim Kiwanuka na Uwiyaremye Fidali.

Ku rundi ruhande, Banamwana Camarade utoza Sunrise FC yabanjemo abakinnyi be beza barimo abaheruka kugurwa n’iyi kipe barimo umunyezamu Mfashingabo Didier, Ngendahimana Eric, Hakizimana Adolphe, Ndikumana Arteta na Rachid Mapoli.

Iyi kipe yari mu rugo, imbere y’abafana bari buzuye Stade ya Nyagatare, yafunguye amazamu ku munota wa 15 ku gitego cyatsinzwe na Ndikumana Arteta.

Mu gice cya kabiri, APR FC yakoze impinduka ishyiramo abakinnyi basanzwe babanza mu kibuga ariko umukino urangira inaniwe kwishyura igitego yinjijwe.

Biteganyijwe ko APR izasubira mu kibuga ku wa Mbere, tariki ya 17 Kanama, ihura na Al-Merrikh SC mu wundi mukino wa gicuti.

Related posts

M23 na FARDC bahanganye bikomeye mu bice bya Bweremana.

N. FLAVIEN

Amwe mu mateka y’umunyamakuru Ntwali John Williams witabye Imana.

N. FLAVIEN

Rwandair yatangije ingendo hagati ya Kigali na Paris nta handi ihagaze.

N. FLAVIEN

Leave a Comment

EBONY88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Slot Gacor Hari Ini

Slot Deposit 10 ribu

Slot Gacor Hari Ini

Slot Online Gacor

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Asli4D

Asli4D

Asli4D

RSU Alam Medica

RSU Jati Husada

RSU Bina Kasih

RSU Graha Husada

RSU Medika Mulya

Sobat777

Sobat777

Sobat777