Mu gihe Guverinoma ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo yasezeranyije gusenya umutwe wa FDLR ugizwe n’abakoze jenoside urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda, za raporo zitandukanye zo ziragaragaza ko ubu butegetsi bwa Kinshasa bukomeje guha amasasu n’intwaro uyu mutwe.
Amakuru ikinyamakuru The Great Lakes Eye, dukesha iyi nkuru, cyabonye, agaragaza ko Igisirikare cya Congo zahaye abarwanyi ba FDLR amasasu n’imbunda zo mu bwoko bwa rocket-propelled grenades (zizwi nka RPG) muri Teritwari ya Walikale, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, mu ntangiriro z’uku kwezi.
Gutanga izi ntwaro byazamuye ikibazo gikomeye ku bivugwa na Kinshasa ko irimo gutegurira FDLR kuyamanika no gushyira intwaro hasi. Nyamara, mu by’ukuri irimo kuyitegurira urundi rugamba.
Nk’uko amakuru yabonwe n’iki kinyamakuru abigaragaza, ku wa 5 Nzeri, abasirikare ba FARDC batanze amasanduku menshi y’amasasu ya PKM n’ibisasu bya RPG-7 ku barwanyi ba FDLR ku birindiro byabo biherereye i Pinga, muri Gurupoma ya Kisimba, muri Walikale.
Ayo masasu n’ibyo bisasu byahise bijyanwa mu bice bya Minjenje na Mpeti, muri Walikale, nk’uko ayo makuru akomeza kubivuga.
Bukeye bwaho, indege yo mu bwoko bwa DHC-5 Buffalo yavuye i Kisangani mu Ntara ya Tshopo yerekeza i Walikale, itwaye toni zigera kuri 12 z’amasasu n’imbunda z’amoko atandukanye. Ibyo bikoresho byari bigenewe abarwanyi ba FDLR.
Amasasu yavuye muri Walikale-centre, hanyuma ajyanwa i Bunyakiri mu gace ka Kalehe, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, nk’uko bivugwa n’abantu batatu batandukanye babizi neza.
Uru rujya n’uruza rw’ibikoresho rutanga ibimenyetso bishya by’umubano wa gisirikare Kinshasa yagiye igerageza gupfobya mu gihe yigaragaza mu ruhame ko yiyemeje kwambura intwaro FDLR.
Ku itariki ya 28 Nyakanga, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Floribert Anzuluni, yatangaje ko Kinshasa yamaze gutunganya gahunda yo kwambura intwaro FDLR no gusesa uyu mutwe.
Iryo sezerano ryari rikubiye mu ibaruwa yo ku wa 30 Gicurasi yashyizweho umukono na Victor Byiringiro, uyobora ishami rya politiki rya FDLR.
Nyuma yaho, Anzuluni yamuritse iyo gahunda ku bayobozi no ku bahagarariye ibihugu byabo mu bihugu bitandukanye byo muri Afurika no mu Burayi.
Iryo tangazo ryasaga nk’irigaragaza impinduka ishobora kuba ikomeye mu mikorere ya Guverinoma ya Kinshasa. Ariko kohereza amasasu byo bigaragaza ibinyuranye n’ibyo.
Umutwe w’ingabo ntushobora kwitegura gushyira intwaro hasi, mu gihe ku rundi ruhande wakira amasasu, gerenade, n’inkunga y’ibikoresho.
Mu myaka myinshi, FDLR yakomeje kuba mu izingiro ry’imitwe yitwaje intwaro ikorera mu burasirazuba bwa Congo. Umuryango w’Abibumbye kandi wakomeje kwerekana ubufatanye hagati y’Ingabo za Congo na FDLR.
Isuzuma ryakozwe na Loni ryo muri Kamena 2026 ryagaragaje ko ubufatanye hagati y’Ingabo za Congo na FDLR bwiyongereye kandi ryagaragaje ko inyeshyamba za FDLR zikorera muri Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo.
Umuryango w’Abibumbye kandi wanditse ko abarwanyi ba FDLR bakorana n’Ingabo za Congo mu bikorwa bya gisirikare byo kurwanya inyeshyamba za AFC/M23.
FDLR yaje kuva ku mutwe w’ingabo Kinshasa ivuga ku mugaragaro ko igomba gusenya, iba umufatanyabikorwa w’intambara ushobora gukomeza gukoreshwa mu gihe bibaye ngombwa ku gisirikare.
Iperereza rya Loni ryanagaragaje ibikorwa bikomeye by’ihohoterwa ryakozwe n’Ingabo za Congo n’imitwe yitwaje intwaro, harimo ubwicanyi, ihohoterwa rishingiye ku gitsina, n’ubusahuzi.
Umuryango wa Human Rights Watch nawo wanditse ibikorwa by’urugomo bikorwa n’Ingabo za Congo n’imitwe bafatanyije mu burasirazuba bwa Congo, irimo FDLR na Wazalendo.
Ingaruka zo gukomeza guha intwaro FDLR zirenze kure imirongo y’urugamba y’ako kanya. Uyu mutwe ntushobora gutandukanywa n’umurage wa Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994 ndetse n’imitwe ya politiki y’intagondwa ifitanye isano n’inkomoko yawo.
Gukomeza gukingirwa kwawo bitanga ikindi kintu gishobora gushyira mu kaga akarere gasanzwe karacitsemo ibice kubera amakimbirane, kutizerana hagati y’amoko, n’amahuriro ya gisirikare ahanganye.
Niba Kinshasa ifite umugambi wo gusenya FDLR, isabwa guhagarika uruhare rw’uyu mutwe nk’umufatanyabikorwa mu bya gisirikare no kwerekana ko intwaro n’amasasu byayo bitakigera ku barwanyi b’uyu mutwe.
Bitabaye ibyo, nta gushidikanya ko itangazo ryo kwambura intwaro FDLR ryo muri Nyakanga ryari ubuhendabana muri dipolomasi.
Ibimenyetso bituruka muri Walikale bigaragaza ko Kinshasa irimo gushaka inyungu za dipolomasi mu kwambura intwaro FDLR mu gihe ikomeza kubungabunga umutwe w’inyeshyamba nk’igikoresho cy’intambara mu kurwanya AFC/M23. (Bwiza)

