Amizero
Amakuru Amakuru mashya Hanze Politike

Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza mu mazi abira

Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza Sir Keir Starmer arimo gupima ejo hazaza he muri politike mu gihe igitutu cyo kwegura kirimo kwiyongera kuri we.

Ibi bibaye nyuma yuko inshuti ye muri leta, Peter Kyle, ivuze ko Minisitiri w’intebe arimo gutekereza ku “kuri kw’uko ibintu bimeze muri politike” nyuma y’intsinzi ya Andy Burnham mu matora yo mu cyumweru gishize yo kuziba icyuho mu karere ka Makerfield, mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bw’Ubwongereza, bikamuharurira inzira yo guhatana ku mwanya w’ubuyobozi bw’ishyaka rya Labour.

Nyuma y’ibyo byavuye muri ayo matora, Minisitiri w’intebe yongeye kwingingwa n’abaminisitiri bo ku rwego rwo hejuru kugira ngo urebye ahe inzira Burnham, binyuze mu gushyiraho ingengabihe y’igihe azegurira.

Ndetse mu kundi gushegesha uyu mukuru w’ishyaka rya Labour uri mu bibazo, Perezida w’Amerika Donald Trump yavuze ko Sir Keir “azegura nka minisitiri w’intebe”, ubwo yamwibasiraga ku kuntu yitwaye ku butegetsi.

Mu butumwa yatangaje ku mbuga nkoranyambaga, Trump yavuze ko Sir Keir “yananiwe mu buryo bubi cyane” ku binjira mu gihugu no ku igenamigambi ryo mu rwego rw’ingufu, yongera kumusaba “gufungura ibikomoka kuri peteroli byo mu Nyanja y’Amajyaruguru [mu majyaruguru y’Uburayi. Mwifurije ishya n’ihirwe!”

Ibiro bya Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza byitwa “Number 10”  byabwiye BBC dukesha iyi nkuru ko abo bategetsi bombi, baheruka guhurira mu nama y’itsinda ry’ibihugu bikize cyane ku isi rya G7 yabereye mu Bufaransa mu cyumweru gishize, batavuganye mu mpera y’icyumweru gishize.

Ako kanya nyuma y’intsinzi ya Burnham, Sir Keir yakomeje gushimangira ko azahatanira ubuyobozi bw’ishyaka mu matora yabaho ayo ari yo yose, bisobanuye ko hazacyenerwa ko habaho ihatana mu barwanashyaka b’ishyaka rya Labour hamwe n’imiryango iharanira inyungu z’abakozi irishamikiyeho kugira ngo hafatwe icyemezo kuri ejo hazaza haryo.

Ariko mu guhindura imvugo, Minisitiri w’ubucuruzi Kyle yabwiye ikiganiro cya BBC cyitwa Sunday with Laura Kuenssberg ko Minisitiri w’intebe arimo “gufata igihe cyo gutekereza ku kuri kw’uko ibintu bimeze muri politike uyu munsi, ugereranyije no mu cyumweru gishize ndetse no mu cyumweru cya mbere yaho”.

Yavuze ko yavuganye na Sir Keir ku wa gatanu kandi ko abizi neza ko “icyemezo icyo ari cyo cyose afata uyu munsi” kuri ejo hazaza ha Labour kizaba kijyanye n'”ikiri mu nyungu nziza cyane z’igihugu”.

Related posts

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’ yatsinzwe na Nigeria

KALISA

Rushimusi wamaze abantu yatawe muri yombi kubera inkuru icukumbuye ya BBC.

N. FLAVIEN

DR Congo: FARDC yakamejeje mu bice bitandukanye ngo ntishaka agasuzuguro ka M23.

N. FLAVIEN

Leave a Comment

EBONY88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Slot Gacor Hari Ini

Slot Deposit 10 ribu

Slot Gacor Hari Ini

Slot Online Gacor

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Asli4D

Asli4D

Asli4D

RSU Alam Medica

RSU Jati Husada

RSU Bina Kasih

RSU Graha Husada

RSU Medika Mulya

Sobat777

Sobat777

Sobat777