Banki Nkuru y’u Rwanda, BNR yatangaje ko Miliyari 960 n’amafaranga y’u Rwanda zimaze guhererekanwa mu bikorwa byo kohereza no kwakira amafaranga hifashishijwe ikoranabuhanga rya ‘eKash’ ryashyizweho nk’uburyo bushya bwihuta bwo kwishyurana amafaranga buhuriweho n’ibigo by’imari bitandukanye.
Ibi byatangajwe kuri uyu wa Gatatu tariki 05 Kanama 2026, na Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR), mu gihe iri koranabuhanga ryo guhererekanya amafaranga rimaze iminsi mike rikoreshwa kuko ryatangiye tariki 14 Nyakanga 2026.



