Inyeshyamba za Wazalendo n’ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo, FARDC barigamba kwigarurira Chambombo na Kazinga nyuma y’imirwano ikaze yabereye i Kalehe, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo.
Imirwano ikaze bivugwa ko yahuje inyeshyamba za Wazalendo n’abarwanyi ba AFC/M23 ku wa Kabiri tariki ya 11 Kanama 2026, mu bice bitandukanye bya Teritwari ya Kalehe.
Amakuru aturuka mu baturage bo muri ako gace agera kuri ACTUALITE.CD dukesha iyi nkuru, avuga ko inyeshyamba za Wazalendo na FARDC bigaruriye uduce twa Chambombo na Kazinga nyuma y’amasaha menshi y’imirwano.
Chambombo iherereye muri Gurupoma ya Ziralo, muri Sheferi ya Buhavu, muri Teritwari ya Kalehe. Nk’uko imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu (sosiyete sivile) ibivuga, agace ka Lumbishi ubu kagenzurwa n’impande zombi.
Wazalendo n’ingabo za Leta FARDC bemeza ko ari bo bagenzura agace ka Lumbishi, mu gihe abarwanyi ba AFC/M23 bo bavuga ko bavuye muri centre kuko wazalendo bari bivanze n’abaturage, birinda kurwanira mu baturage ariko ko bagifite uduce tw’ingenzi twa Lumbishi.

