Amizero
Amakuru Amakuru mashya Umutekano

M23 yakomeje urugamba rukomeye rwo kwigiza FARDC kure ya Rubaya

Kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Gicurasi 2026, uduce dutandukanye two muri Teritwari ya Masisi turi kuberamo imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 n’ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo.

Muri iyi mirwano iri kubera mu ntera y’ibilometero bibarirwa muri 30 uvuye muri santere ya Rubaya, ingabo za DR Congo ziri gufashwa n’imitwe ya Wazalendo irimo Nyatura ndetse n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR urwanya Leta y’u Rwanda, bakaba kandi hamwe n’abasirikare b’abarundi.

Ntiharamenyekana uruhande rwatangije iyi mirwano cyangwa ururi gusunika urundi, ariko abaturage bamaze igihe kirenga icyumweru bahungira aho batekereza ko hatekanye, bo barakomeza kuzinga utwangushye, bava mu ngo zabo.

Kuva mu gitondo cyo ku wa Kabiri tariki 26 Gicurasi kugeza mu masaha y’igicamunsi, AFC/M23 yambuye ingabo za Leta ya RDC uduce dusaga 14 mu gihe zasatiraga Rubaya, turimo Bukinanyana, Gasenyi, Runigi, Karunga, Bushiha, Nkokwe, Nyakigano, Mushebere na Kavuta.

Umuturage utuye hafi ya Rubaya yagize ati “Imirwano yari yari yasatiriye cyane Rubaya. Kuva ku Baporo kugeza ku Kanyaru, twumvaga amakompora n’urusaku rw’imbunda nini. Abaturage bihishe mu nzu zabo, abandi bahungira aho batekereza ko hatekanye.”

Undi muturage yatangaje ko nyuma y’imirwano yabaye ku wa 26 Gicurasi, yabonye abarwanyi ba Wazalendo basubira inyuma berekeza mu gace ka Kibabi, mu ntera y’ibilometero 15 uvuye muri Rubaya.

Ingabo za Leta ya RDC zapfushije benshi ubwo iyi mirwano yabaga, zitakaza n’ibikoresho bitandukanye birimo imbunda nini n’into, ariko imibare ntiratangazwa.

Bamwe mu barwanyi bo muri Wazalendo bari batangaje ko bari mu ntera y’ibilometero bitanu berekeza muri Rubaya, hakwirakwira ibindi bihuha bivuga ko baba bamaze kugera muri iki gice gikungahaye ku mabuye y’agaciro ya Coltan.

Umuyobozi wa Teritwari ya Masisi washyizweho na AFC/M23, Emmanuel Ndizeye Rutebuka, yasuye abatuye muri santere ya Rubaya ku wa 26 Gicurasi, abamenyesha ko ingabo za Leta ya RDC zitazigera zihafata.

Ndizeye kandi yasabye abatuye muri Rubaya gukorana n’inzego za AFC/M23 kugira ngo bafatanye kubungabunga umutekano wabo n’imitungo yabo, kandi bakomeze ibikorwa bibateza imbere nta nkomyi.

Byagaragaraye ko nubwo imirwano imaze iminsi ibera mu bice bitari kure ya Rubaya, abaturage baho bari bakomeje ibikorwa birimo ubucuruzi, gutwara abagenzi kuri moto ndetse n’ubwubatsi, Ndizeye avuga ko ari ikimenyetso cy’uko bizeye umutekano.

Rubaya igenzurwa na AFC/M23 kuva muri Gicurasi 2024. Leta ya RDC ifata kuyitakaza nk’igihombo gikomeye kuko 15% bya Coltan yoherezwa ku isoko mpuzamahanga icukurwa mu birombe byaho.

Related posts

FARDC n’abambari bayo bahawe amasaha 48 ngo babe bavuye mu mujyi wa Bukavu.

N. FLAVIEN

Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa SADC bemeje gukomeza gushyigikira DRCongo.

Muntu Clarisse

Afganistan: Zahinduye imirishyo mu gihe ingabo z’Abatalibani zikataje zerekeza Kabul

N. FLAVIEN

Leave a Comment

EBONY88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Slot Gacor Hari Ini

Slot Deposit 10 ribu

Slot Gacor Hari Ini

Slot Online Gacor

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Asli4D

Asli4D

Asli4D

RSU Alam Medica

RSU Jati Husada

RSU Bina Kasih

RSU Graha Husada

RSU Medika Mulya

Sobat777

Sobat777

Sobat777