Ikigo gishinzwe Kugenzura Ibiribwa n’Imiti mu Rwanda (Rwanda FDA) cyafunze inganda 101 zenga ibinyobwa bisembuye ndetse impushya zazo ziteshwa agaciro.
Kuri uyu wa Mbere tariki 03 Kanama 2026, Rwanda FDA yatangaje ko inganda zafunzwe ari icyiciro cya kabiri cy’izakorewe igenzura, bikagaragara ko ibinyobwa zenga bitujuje ubuziranenge ndetse yanategetse ko ibyapa byose bizamamaza bikurwaho mu Gihugu hose.
Iki cyemezo kije gikurikira icyafashe kuri iki Cyumweru tariki 02 Kanama 2026, cyo gufunga inganda zigera ku 8 zakoraga ibinyobwa bisindisha cyane bizwi ku mazina atandukanye ariko byose bikitwa ibyuma.

