Komisiyo y’igihugu y’uburenganzira bwa muntu (NHRC) yatangaje ko impamvu abagororwa bo mu Rwanda batemererwa gutera akabariro n’abo bashakanye nk’uko bikorwa mu bindi bihugu ari uko amagororero yo mu Rwanda adafite ibikorwaremezo bihagije, cyane cyane ibyumba byabugenewe, mu gihe umubare w’abagororwa ukomeje kwiyongera.
Ibi byagarutsweho mu biganiro byabereye mu igororero rya Nyamasheke ririmo abagororwa 721, aho komisiyo yahuye n’abitegura kurangiza ibihano, cyane cyane abahamijwe ibyaha bya Jenoside.
Visi Perezida wa NHRC, Tuyizere Thadée, yavuze ko nubwo hari ibihugu byemera ko abagororwa batera akabariro n’abo bashakanye, mu Rwanda bitarashoboka bitewe n’amikoro make.
Komiseri Aurelie Gahongayire na we yagaragaje ko kurwanya ibyaha ari kimwe mu byafasha kugabanya ubucucike mu magororero.
Abayobozi ba NHRC bibukije abagororwa uburenganzira bwabo burimo kwitabwaho, guhabwa ifunguro rihagije, ubuvuzi, gusurwa n’imiryango, kuvugana n’inshuti no gusenga. Banabasabye kubahiriza inshingano zabo zirimo gukurikiza amabwiriza, kubana neza, no kudahishira ubutinganyi.
Ibiganiro nk’ibi bikomeje mu magororero atandukanye mu rwego rwo guharanira ko uburenganzira bwa muntu bwubahirizwa, nubwo hari imbogamizi zitandukanye.


