Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko igihugu cye kigiye guha Iran isomo rikomeye nyuma y’igitero Tehran yagabye ku ngabo zabo ziri muri Jordanie.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Nyakanga 2026 Trump yabwiye abanyamakuru ko nubwo bazareba niba hari amasezerano yafasha ibihugu byombi guhagarika intambara ariko bagiye kurasa kuri Iran mu buryo bukomeye cyane.
Ingabo zidasanzwe za Iran, Revolutionary Guards, zatangaje ku wa Kabiri tariki 28 Nyakanga 2026 ko zarashe misile nyinshi ku birindiro by’igisirikare cya Amerika ndetse no ku kigo cya gisirikare muri Jordanie.
Nyuma igisirikare cya Amerika cyatangaje ko cyasenye misile nyinshi cyarashweho.
Trump wavuze ko yahawe n’amakuru ku gitero cya drone cyibasiye ubwato bubika gaz bw’Abanyamerika ku cyambu cya Damietta cyo ku Nyanja ya Méditerranée ku ruhande rwa muri Misiri, yakomeje ati “Nahawe amakuru kuri icyo kibazo. Ni ibintu bisa n’ibindi byabaye. Ariko bizakemuka.”
Trump kandi yagarutse ku makuru avuga ko Iran ishobora kwakira ibikoresho 400 byifashishwa mu bwirinzi byavuye mu Bushinwa, avuga ko ibyo byaba ari ibintu bitunguranye.
Impamvu z’uko gutungurana ni uko mu ntangiriro z’iki cyumweru, Trump yari yavuze ko yizeye Perezida w’u Bushinwa, Xi Jinping, ndetse n’Umuyobozi w’u Burusiya, Vladimir Putin, nyuma y’uko bamubwiye ko ibihugu byabo bitazivanga mu ntambara ya Iran bigiye kuyishyigikira.
Ati “Ibyo byaba ari ibintu bitunguranye. Ndavuga ko ibintu nk’ibyo bishobora kubaho, ariko ibyo byaba bitangaje. Yambwiye mu buryo bukomeye ko atazabigiramo uruhare, ariko azi ko naba ntengushywe cyane.”

