Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Israel byagabye igitero kuri Irani, mu gihe Perezida Donald Trump avuga ko ibikorwa [operations] bikomeye by’imirwano birimo kuba mu bikorwa bya gisirikare bikomeye byiswe “Umutontomo w’intare”.
Ibi bikorwa bibaye nyuma yuko Minisitiri w’ingabo wa Israel, Israel Katz, avuze ko Igihugu cye cyagabye igitero cyo kuburizamo kuri Irani, mu gihe ingabo za Israel zivuga ko mu kwihimura Irani yarashe ibisasu bya misile.
Amafoto akomeje gucicikana ku mbugankoranyambaga agaragaza umwotsi uzamuka hejuru y’umurwa mukuru Tehran wa Irani, mu gihe ibiturika byumvikanye mu mijyi itanu itandukanye yo muri icyo gihugu.
Leta Zunze Ubumwe za Amerika imaze igihe yongera igitutu kuri leta ya Irani kugira ngo yemere amasezerano mashya kuri gahunda yayo ya nikeleyeri. Ku wa gatanu, Trump yavuze ko atishimiye aho Irani ihagaze mu biganiro kuri nikeleyeri.
Iran izwiho cyane guheza ibitangazamakuru byo mu mahanga mu gutara no gutangaza amakuru muri iki gihugu, ibyo bikagabanya cyane ubushobozi bwabyo bwo kubona amakuru y’ibibera imbere muri icyo gihugu.
Minisitiri w’intebe wa Israel Benjamin Netanyahu yavuze ko ubutegetsi bwa Irani butagomba kugira intwaro kirimbuzi za nikeleyeri.
Mu itangazo yasohoye, Netanyahu yagize ati: “Bavandimwe, baturage ba Israel, mu kanya gato gashize, Israel na Leta Zunze Ubumwe za Amerika twatangiye ‘operation’ yo gukuraho inkeke ku kubaho [kwacu] iterwa n’ubutegetsi bw’iterabwoba bwo muri Irani.
“Nshimiye inshuti yacu ikomeye cyane, Perezida Donald Trump, ku bw’ubuyobozi bwe bwanditse amateka. Mu myaka 47, ubutegetsi bw’Ayatollah bwakomeje gutera hejuru ngo ‘Urupfu kuri Israel’, ‘Urupfu kuri Amerika’.
“Bwamennye amaraso yacu, bwica Abanyamerika benshi, butsembatsemba abaturage babwo bwite. Ubu butegetsi bwica bw’iterabwoba ntibugomba kugira intwaro kirimbuzi za nikleyeri zatuma bushobora guteza inkeke ku nyokomuntu yose. Igikorwa cyacu duhuriyeho kizatuma habaho uburyo bwo gutuma Abanya-Irani b’intwari bafata icyemezo ku buzima bwabo.”
Netanyahu yashishikarije Abanya-Irani bo mu moko yose kwitura (kwikuraho) umutwaro w’igitugu no gushyiraho Irani irangwamo ubwisanzure n’amahoro nk’uko tubikesha BBC.
Yinginze Abanya-Israel ngo bakomeze gukurikiza amabwiriza bahabwa n’ubuyobozi bukuru bw’ingabo, avuga ko mu minsi iri imbere, muri iyi ‘operation’ yiswe ”The Roar of the Lion’ cyangwa Umutontomo w’Intare, ugenekereje mu Kinyarwanda, bizasaba kwihangana no gushikama.
Ati: “Twese hamwe turi kumwe, twese hamwe tuzarwana, kandi twese hamwe tuzatuma Israel ibaho ubuziraherezo.”


