Kuri iki Cyumweru, tariki ya 03 Gicurasi 2026, ahagana mu ma saa saba n’igice (1h30) za mu gitondo, ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rw’ubutegetsi bwa Kinshasa zacengeye mu mujyi wa Rushoga muri Teritwari ya Masisi zica cyangwa zikomeretsa amatungo, rigaba kandi ibitero mu bice bituwe cyane i Kalehe muri Kivu y’Amajyepfo.
Amakuru aturuka muri Kivu zombi aravuga ko kuri iki Cyumweru abasivili bibasiwe, kandi inka zirenga 56 zishwe, ziratemwa, cyangwa zisigwa zenda gupfa, mu bitero umutwe wa AFC/M23 uvuga ko bigamije kubiba ubwoba no kwangiza imibereho y’abaturage.
Itangazo rya Lawrence Kanyuka uvugira AFC/M23, rivuga ko kuri iki Cyumweru kandi, izo ngabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Kinshasa zagabye ibitero byinshi hakoreshejwe indege za gisirikare zitagira abapilote (drones) za CH-4.
Muri iri tangazo, AFC/M23 yatangaje ko ku isaha ya “Saa tanu z’amanywa n’iminota 53 (11h53) na saa munani n’iminota 40 z’amanywa (14h40), uduce dutuwe cyane muri Lumbishi twibasiwe, ndetse n’umujyi wa Rutare muri Teritwari ya Kalehe saa 1h20.”
Ibisasu kandi byangije imitungo y’abasivili, kandi bibiba ubwoba mu baturage bituma bava mu byabo.
Ihuriro AFC/M23 rivuga ko ibi bikorwa bikomeje by’ubutegetsi bwa Kinshasa binyuranyije n’amategeko mpuzamahanga arengera ikiremwamuntu, kandi risaba Umuryango Mpuzamahanga kumenya ibikomeje gukorwa n’ubutegetsi bwa Kinshasa, ndetse n’uburenganzira bwaryo bwo kwirwaho no kurinda abaturage b’abasivili bibasirwa nka n’ubutegetsi.


