Abantu 18 ni bo bimaze kumenyekana ko bishwe n’imyuzure n’inkangu byatewe n’imvura nyinshi yaguye muri Kenya.
Polisi ya Kenya ni yo yabitangaje kuri iki Cyumweru tariki 03 Gicurasi 2026.
Ibi biza byabereye mu ntara za Tharaka Nithi, Elgeyo-Marakwe n’iya Kiambu ziherereye mu bice by’uburasirazuba n’ibyo hagati muri Kenya.
Mu itangazo Polisi ya Kenya yagize ati “Polisi y’Igihugu yemeje ko abantu 18 bahitanywe n’ibi biza, ibigaragaza ingaruka zikomeye z’uburyo ikirere kimeze ubu.”
Kenya iri kwibasirwa n’imvura nyinshi yangije n’ibikorwaremezo, ikura abantu benshi mu byabo, bijyanye n’uko kuva muri Werurwe kugeza muri Gicurasi harangwa n’imvura nyinshi.
Muri Werurwe na bwo inzego z’ubuyobozi muri Kenya zatangaje ko nibura abantu 62 bapfuye nyuma y’uko imvura nyinshi yibasiye icyo gihugu, igateza imyuzure ahantu hatandukanye.

