Amizero
Amakuru Amakuru mashya Umutekano

Drone y’Uburusiya yaturikiye ku nzu ituwemo muri Romania ikomeretsa abasivile

Indege y’intambara yo mu bwoko bwa ‘drone’ yaturikiye ku nzu ya ‘apartment’ muri Romania itera inkongi y’umuriro inakomeretsa abantu babiri, nk’uko byatangajwe na minisiteri y’ingabo y’iki gihugu mu gitondo kuri uyu wa garanu.

Byabereye mu mujyi wa Galati wo mu burasirazuba mu gihe Uburusiya bwariho bugaba ibigero muri Ukraine hafi y’umupaka na Romania, nk’uko iyo minisiteri ibivuga.

Ikigo gishinzwe ubutabazi muri Romania cyavuze ko ibiturika byose iyi drone yari itwaye hamwe na yo, byahise byaturitse, bigatera umuriro ku igorofa ya 10 y’iyi nzu y’abaturage.

Mu myaka ine ishize y’intambara ‘drones’ z’Uburusiya zagiye ziyobera mu bihugu byo hafi ya Ukraine biri muri OTAN, ariko ubu ni ubwa mbere abaturage ba Romania bahakomerekeye.

Uburusiya nta cyo butarangaza ku byabaye.

Inzego z’ubutabazi zivuga ko abantu babiri bajyanywe kwa muganga kuvurwa ibikomere naho abagera kuri 70 bikaba ngombwa ko bavanwa mu nzu zabo kubera umuriro.

Indege ebyiri z’intambara za F-16 zahise zihaguruka ikubagahu ubwo drones z’Uburusiya zabonwaga mu kirere cya Romania, nk’uko minisiteri y’ingabo zaho ibitangaza.

Mu itangazo bagize bati: “Imwe muri izo drones zinjiye mu kirere cya Romania, yabonywe na radar ikinjira mu mujyi wa Galati, yihonda ku gisenge cy’inzu ya ‘apartment’, ibyahise bivamo umuriro”.

Muri Mata uyu mwaka, nabwo indi drone y’Uburusiya yaturikiye i Galati yangiza ibintu ariko ntiyagira uwo ikomeretsa.

Ministeri y’ingabo ya Romania ivug ako kuva intambara itangiye muri Ukraine, ibice bya za drones byabonetse ku butaka bwa Romania inshuro 47 zitandukanye, harimo 12 muri uyu mwaka gusa.

Perezida Vladimir Putin yatangije intambara kuri Ukraine muri Gashyantare(2) 2022, ibyo we yita ibikorwa bidasanzwe bya gisirikare.

Hagati aho, Ukraine yagabweho ibitero bya drone ku cyambu cya Izmail mu mujyi wa Odesa kare cyane kuri uyu wa gatanu.

Mu bice bya Ukraine bigenzurwa n’Uburusiya mu karere ka Donetsk, kuwa kane abantu batatu bishwe n’igitero cya drone ya Ukraine, nk’uko byatangajwe n’umukuru w’ako karere washyizweho na Kremlin.

Uwa kane yarakomeretse cyane, nk’uko byavuzwe n’uwo mukuru w’ako gace Denis Pushilin ku rubuga rwa Telegram. (BBC)

Related posts

Umunyarwanda Twahirwa Séraphin waherukaga gukatirwa igifungo cya burundu yapfuye.

KALISA

Perezida Sebastian Duda wa Pologne ategerejwe i Kigali.

N. FLAVIEN

Imyitwarire ya Kim Jong Un, kimwe mu bihangayikishije Yoon Seok-youl, Perezida mushya wa Koreya y’Epfo.

N. FLAVIEN

Leave a Comment

EBONY88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Slot Gacor Hari Ini

Slot Deposit 10 ribu

Slot Gacor Hari Ini

Slot Online Gacor

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Asli4D

Asli4D

Asli4D

RSU Alam Medica

RSU Jati Husada

RSU Bina Kasih

RSU Graha Husada

RSU Medika Mulya

Sobat777

Sobat777

Sobat777