Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yageze mu gihugu cya Tanzania mu ruzinduko rw’akazi rw’umunsi umwe kuri iki Cyumweru tariki 03 Gicurasi 2026.
Akigera ku kibuga cy’indege, Umukuru w’Igihugu yakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubufatanye bwa Afurika y’Iburasirazuba wa Tanzania, Mahamoud Thabit Kombo.
Biteganyijwe ko Perezida wa Repubulika Paul Kagame agirana ibiganiro na mugenzi we wa Tanzania, madame Samia Suluhu Hassan, ibiganiro biganisha ku kwagura umubano usazweho hagati y’Ibihugu byombi.





