Koreya ya Ruguru yakoze igerageza ry’intwaro zifite ikoranabuhanga ryo mu rwego rwo hejuru kugirango irusheho kujyana n’aho Isi igeze ari nako yitegura ku rwego rwo hejuru ubushotoranyi ubwo ari bwo bwose.
Ibi bikozwe mu gihe ifite gahunda yo kongera intwaro zayo yongeramo intwaro za electromagnetic, ibisasu bya carbon fibers ndetse n’ubwirinzi bushya bw’ibitero byo mu kirere bugendanwa.
Ibi byatangajwe n’ibiro ntaramakuru by’Igihugu cya Korea, KCNA bitangaza ko Kim Jong-sik, umujenerali wagenzuye igerageza, yavuze ko sisiteme ya electromagnetic na bombe za carbon fiber ari “umutungo udasanzwe” mu bubiko bw’igihugu, ariko atanga ibisobanuro bike ku miterere y’intwaro nshya.
Igisirikare cya Koreya y’Epfo cyatangaje ko cyabonye ibisasu byinshi bya misile byaturutse ku butaka bwa Koreya ya Ruguru. Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza bivuga ko ibisasu byagenze ibirometero 240 kugera kuri 700.

