Ibi bibaye nyuma y’amatora yo ku wa 29 Ukwakira 2025 yateje impaka n’urupfu ku batari bacye. Dr. Mwigulu Nchemba wagizwe Minisitiri w’Intebe mushya, si mushya muri politiki y’iki gihugu kuko yari asanzwe ari minisitiri w’imari muri guverinoma.
Iyi nzobere mu bukungu yigeze kuyobora inzego z’ingenzi muri Tanzania nk’Ubuhinzi, Ubutabera, n’Umutekano ku buryo benshi mu bakurikiranira hafi ibya Tanzania bavuga ko nta kizamugora mu nshingano nshya yahawe.
Amatora aheruka muri iki gihugu yateje imyigaragambyo mu mijyi ikomeye n’imfu z’abatari bacye, ONU ivuga ko ari amagana, bishwe n’inzego z’umutekano, gusa Leta ya Tanzania yo ntitangaza umubare w’abapfuye.
Ubusanzwe, uyu Nchemba wagizwe Minisitiri w’Intebe avuga ko ari mu baharanira ubumwe bw’Igihugu, kumva ijwi ry’abaturage no gushyira imbere iterambere ry’ubukungu.
Biteganyijwe ko uyu Nchemba abanza kwemezwa n’inteko ishinga amategeko nka minisitiri w’intebe mushya, binyuze mu matora maze yamara kwemezwa akabona gutangira imirimo ye izibanda cyane ku kongera kugarura isura nziza ya Tanzania ku benegihugu ndetse no ku ruhando mpuzamahanga.
Benshi bakomeje kwibaza niba iki cyemezo cya Perezida Samia kiza guhindura ishusho ya politiki muri Tanzania yafatwaga nk’intangarugero muri Afurika ariko ikaba yarahindanyijwe n’amatora aherutse.

