Amizero
Ahabanza Amakuru Amakuru mashya Politike Umutekano

AFC/M23 yashinje Human Rights Watch kwirengagiza ukuri nkana

AFC/M23 yasohoye itangazo risubiza raporo iherutse gukorwa na Human Rights Watch (HRW) ishinja uwo mutwe ibikorwa by’ubwicanyi, bivugwa ko bwakozwe ubwo uyu mutwe wagenzuraga umujyi wa Uvira.

Itangazo ryashyizweho umukono na Lawrence Kanyuka rivuga ko raporo ya HRW ishingiye neza neza ku mvugo z’ubutegetsi bwa Kinshasa kandi ko isubiramo, hafi ijambo ku rindi ibirego by’ubutegetsi bwa Kinshasa.

Raporo ya HRW ivuga ko ihereye ku rugendo abakozi bagiyemo mu mujyi wa Uvira bagakora iperereza ryabo, yashinje M23 ubwicanyi n’ubugizi bwa nabi ku baturage b’abasivile, nka kimwe mu birego bikomeye ivuga ko abarwanyi b’uwo mutwe bakoze muri uwo mujyi bavuyemo mu kwezi kwa mbere uyu mwaka bamazemo igihe gito cyane bawufashe.

AFC/M23 yatangaje ko yasanze ibivugwa na HRW muri iyi myaka ya vuba ishize, byirengagiza nkana ukuri kw’uko ibintu byifashe.

Mu itangazo, AFC/M23 yagiye yerekana inkuru zakozwe n’ibinyamakuru bitandukanye byerekana ibikorwa by’ubugizi bwa nabi, ubwicanyi, ubusahuzi no guhiga abantu, n’ibindi bivugwa ko byakozwe n’ingabo za Leta n’abazifasha ku rugamba bose barimo abarundi, FDLR, abacanshuro na Wazalendo bagarutse mu mujyi wa Uvira M23.

Uyu mutwe ugenzura ibice bitandukanye mu ntara za Kivu ya Ruguru na Kivu y’Epfo uvuga ko HRW iceceka ku bwicanyi bukorwa na ADF-Nalu muri Beni na Ituri, ku bwicanyi bukorwa na CODECO ku ba-Hema muri Ituri, cyangwa ubukorerwa Abanyamulenge mu misozi ya Minembwe bukozwe na Leta ya Kinshasa.

Mu kwezi kwa mbere, HRW yasohoye inkuru ivuga impungenge itewe n’ubwicanyi n’ubugizi bwa nabi byibasira Abanyamulenge muri Uvira n’inkengero zaho nyuma y’uko M23 ihavuye.

AFC/M23 ivuga ko HRW ikora politike y’uburenganzira bwa muntu ishingiye ku mibare ihinduka, ibishimangira neza ko raporo bakora ziba zihengamiye ku ruhande bashaka ko rugaragara neza, nyamara abo bashaka kwambika ibara bakabagaragaza uko bishakiye.

Related posts

Kigali: Ifoto y’umuhanzi Jay Polly yari yashushanyijwe ku muhanda yasibwe n’abarimo Gitifu.

N. FLAVIEN

DR Congo yiyemeje gufungira u Rwanda amazi n’umuriro.

N. FLAVIEN

Urujijo ku busambanyi buvugwa mu bakozi n’abanyeshuri ba TTC Matimba.

N. FLAVIEN

Leave a Comment

EBONY88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Slot Gacor Hari Ini

Slot Deposit 10 ribu

Slot Gacor Hari Ini

Slot Online Gacor

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Asli4D

Asli4D

Asli4D

RSU Alam Medica

RSU Jati Husada

RSU Bina Kasih

RSU Graha Husada

RSU Medika Mulya

Sobat777

Sobat777

Sobat777