Amizero
Amakuru Amakuru mashya Hanze Politike Umutekano

Abanya-Ukraine bagera ku 25,000 baba muri Israel bashobora kuzirukana kuva muri Mutarama 2026

Abimukira b’Abanya-Ukraine bari barahungiye muri Israel mu 2022 kubera intambara yahabaye, bashobora gusabwa kuva mu gihugu guhera mu kwezi gutaha, bitewe n’ihungabana ry’imyanzuro ya Leta ya Israel ku byangombwa bibemerera kuhatura.

Aba bimukira bagera ku 25,000, benshi muri bo batari Abayahudi, babayeho mu gihirahiro kuko ibyangombwa bibemerera kuba muri Israel bizarangira mu Ukuboza 2025, kandi kugeza ubu nta cyemezo cyafashwe ku bijyanye no kubibongerera.

Israel yagiye yitwararika mu kwakira abimukira batujuje ibisabwa n’Itegeko rizwi nka bLaw of Return, riha uburenganzira bwo kwinjira mu gihugu Abayahudi, abana babo, abuzukuru babo, n’abo bashakanye. Abatari Abayahudi, barimo benshi mu Bahunga Ukraine, ntibemerwa n’iryo tegeko.

Nubwo hari abahawe uburenganzira bwo kuba muri Israel by’igihe gito, bakomeje guhura n’ibibazo birimo kubura ubufasha mu mibereho, kutemererwa akazi cyangwa ubundi bufasha bw’igihe kirekire. Abenshi barashonje, abandi babayeho mu buryo bushoboka.

Ibi byose bije mu gihe Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu atari mu nshingano, bikaba bisigira Minisitiri w’Intebe Benjamin Netanyahu inshingano zo gufata icyemezo ku hazaza h’aba baturage.

Urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka rwavuze ko rurimo gusuzuma ikibazo ariko nta mwanzuro uratangazwa.

Mu gihe Israel itarafata icyemezo, ibihugu bikomeye byo mu muryango w’ubumwe bw’u Burayi (EU) na byo biri kugabanya inkunga ku bimukira baturutse muri Ukraine. U Budage na Pologne, byakiriye benshi, biherutse gutangaza ko inkunga yo kubarinda ubukene yagabanyijwe kubera igitutu cy’ubukungu.

Aba baturage ba Ukraine bahangayikishijwe n’uko aho bahungiye hose inkunga igenda igabanuka, kandi ahazaza hakomeje kuba igihu.

Israel ishobora gutangira kwirukana abimukira b’Abanya-Ukraine mu kwezi gutaha

Related posts

Kenya: Kwambara agapfukamunwa ntabwo bikiri itegeko

N. FLAVIEN

Leta ya RDC yanze kongera guhurira mu biganiro by’amahoro na AFC/M23

NDAYISHIMIYE Libos

Inama y’abahoze bayoboye muri ADEPR bashinja RGB kubeshya yaburijwemo na Polisi.

N. FLAVIEN

Leave a Comment

EBONY88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Slot Gacor Hari Ini

Slot Deposit 10 ribu

Slot Gacor Hari Ini

Slot Online Gacor

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Asli4D

Asli4D

Asli4D

RSU Alam Medica

RSU Jati Husada

RSU Bina Kasih

RSU Graha Husada

RSU Medika Mulya

Sobat777

Sobat777

Sobat777