Ubutegetsi bwa Iran bwanenze bikomeye Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku gitero cyaturikije ikiraro cya B1 i Tehran buvuga ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika itazigera ikira icyasha isigiwe no kwibasira ibikorwaremezo bya rubanda.
Perezida Donald Trump we yavuze ko ahubwo bataratangira gusenya n’ibyari bisigaye muri Iran, avuga ku bitero barimo byo kwibasira ibikorwaremezo by’iki gihugu.
Ikiraro gishya cya B1 byari biteganyijwe ko gifungurwa ku mugaragaro muri uyu mwaka giherereye i Karaj mu burengerazuba bwa Tehran.
Igitero cy’indege cyaciyemo kabiri iki kiraro cyahitanye n’abantu umunani gikomeretse abandi 95, nk’uko abategetsi ba Iran babivuga.
Abategetsi ba Iran bavuze ko ubwo iki kiraro cyaraswaga munsi yacyo n’iruhande rw’umugezi hari abantu bariho bizihiza umunsi wahariwe ibidukikije ko umunani muri bo bapfuye.
Hagati aho Iran na yo yakomeje ibitero ku bihugu bituranyi byayo mu ijoro ryo ku wa kane rishyira ku wa Gatanu.
Igitero kuri kompanyi ya leta ya Kuwait bivugwa ko cyangije byinshi, nubwo abategetsi bemeje ko nta bantu cyahitanye.
Misile ya Iran ifite umutwe unyanyagiza ibisasu byinshi biturika yaciye ku bwirinzi bwa Israel ikubita hagati muri Israel yangiza ibintu byinshi nubwo ubutegetsi butavuze niba hari abahitanywe na yo.
Radio y’igisirikare cya Israel yavuze ko ibisigazwa by’ikindi gisasu byangije station ya gariyamoshi i Tel Aviv.

