Abanyeshuri 258.255 ni bo batangiye gukora ibizamini bisoza icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye (O’ Level) n’icya kabiri cy’ayisumbuye (A’ Level ) guhera kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Nyakanga 2026.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibizamini n’ubugenzuzi bw’amashuri, NESA, cyatangaje ko abagera ku 149.533 ari bo biyandikishije gukora ibizamini bya Leta bisoza icyiciro rusange (O’-Level) mu gihe abagera ku 108.722 ari bo biyandikishije gukora ibizamini bisoza icyiciro cya kabiri cy’amashuri y’isumbuye (A’-Level).
Muri aba biyandikishije mu bakora ibizamini kandi, harimo abanyeshuri 879 bafite ubumuga, NESA ikaba ivuga ko bahabwa ubufasha bwihariye n’ibikenerwa kugira ngo babashe gukora ibizamini neza kandi mu buryo bungana n’ubw’abandi.
Biteganyijwe ko ibizamini bya Leta mu mashuri yisumbuye bizakorerwa mu bigo by’amashuri 1.746, bikaba bizarangira tariki ya 24 Nyakanga 2026.

