Amizero
Ahabanza Amakuru Amakuru mashya Politike Umutekano

Iran yemeza ko yiteguye neza ingabo za Amerika zo ku butaka ngo bahangane bya nyabyo

Umukuru w’inteko ishingamategeko ya Irani Mohammad Bagher Ghalibaf yavuze ko ingabo z’icyo gihugu “zitegereje abasirikare bo ku butaka b’Amerika kugira ngo zibacaneho umuriro”.

Ibitangazamakuru byo muri Irani, birimo n’ibiro ntaramakuru bya leta IRNA, byatangaje ubutumwa bwe bujyanye n’iminsi 30 ishize intambara y’Amerika-Israel na Irani itangiye. Ghalibaf avuga ko “umwanzi mu ruhame aca amarenga y’ibiganiro, mu gihe mu ibanga aba acura umugambi w’igitero cyo ku butaka”.

Yongeyeho ko Amerika, hamwe n'”urutonde rw’ingingo 15, irimo kugaragaza ibyifuzo byayo no gukomeza ibyo yananiwe kugeraho mu ntambara”. Ghalibaf anavuga ko ingabo za Irani “zitegereje abasirikare b’Amerika ngo binjire ku butaka kugira ngo zibacaneho umuriro”.

Ku ngingo yo kumanika amaboko Irani ikemera ko itsinzwe, Ghalibaf yavuze mu rurimi rw’Icyarabu ko ubutumwa bwa Irani “burasobanutse”, bukaba ari uko itazemera “agasuzuguro”.

Mbere, amakuru amwe ataremejwe yumvikanishije ko ubutegetsi bwa Perezida w’Amerika Donald Trump bwatekerezaga Ghalibaf nk’ushobora kuba umufatanyabikorwa w’Amerika, ndetse akaba ashobora no kuba umutegetsi wa Irani mu gihe kiri imbere.

Ghalibaf yavuze ayo magambo nyuma yuko Amerika itangaje ko abasirikare bayo hafi 3,500 bageze mu karere k’uburasirazuba bwo hagati ndetse ku wa gatandatu ubuyobozi bukuru bw’ingabo z’Amerika bwavuze ko ubwato bw’intambara bwikorera indege z’intambara bwitwa USS Tripoli na bwo bwageze muri ako karere.

Ibiro bikuru by’ingabo z’Amerika (Pentagon) birimo kwitegura ibikorwa bya gisirikare (operations) byo ku butaka muri Irani bizamara ibyumweru, nubwo bidasobanutse niba Perezida Trump azabiha uruhushya, nkuko bitangazwa n’ikinyamakuru the Washington Post cyo muri Amerika.

Ku wa gatanu, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’Amerika Marco Rubio yavuze ko Amerika ishobora kugera ku ntego zayo muri Irani “nta ngabo na zimwe zo ku butaka”.

Hagati aho, ibitero byo mu kirere birakomeje mu burasirazuba bwo hagati. Israel ivuga ko yarashe ku bigo by’agateganyo biyoborerwamo urugamba byo mu murwa mukuru Tehran wa Irani.

Ibikorwa-remezo binini byo mu bihugu byo mu Kigobe cy’Abarabu birimo kugabwaho ibitero. Kompanyi yo muri Emira Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) itunganya aluminium, yitwa Emirates Global Aluminium, ivuga ko uruganda rwayo rw’ingenzi “rwangiritse cyane”.

Ku wa gatandatu, inyeshyamba z’aba-Houthi zo muri Yemen zagabye ibitero bya misile byerekeza kuri Israel. Uwo mutwe ufashwa na Irani uvuga ko hazabaho ibindi bitero mu minsi iri imbere “kugeza igihe umwanzi w’umugizi wa nabi ahagarikiye ibitero bye n’ubushotoranyi”. (BBC)

Umukuru w’inteko ishingamategeko ya Irani Mohammad Bagher Ghalibaf yavuze ko Igihugu cye kitazamanika amaboko.
Ubwato bw’intambara bw’Amerika bwitwa USS Tripoli bwageze mu karere k’uburasirazuba bwo hagati (ifoto yo ku itariki ya 17 y’uku kwezi)

Related posts

Gatabazi JMV wari Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru yagizwe Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu. [Izindi mpinduka]

N. FLAVIEN

Umunyarwanda Mugisha Samuel yaburiwe irengero ageze muri Amerika

N. FLAVIEN

Kwibohora28: Gutaha ibikorwa birimo amagorofa 14 ni bimwe mu byaranze umunsi wo kwibohora muri Musanze.

N. FLAVIEN

Leave a Comment

EBONY88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Slot Gacor Hari Ini

Slot Deposit 10 ribu

Slot Gacor Hari Ini

Slot Online Gacor

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Asli4D

Asli4D

Asli4D

RSU Alam Medica

RSU Jati Husada

RSU Bina Kasih

RSU Graha Husada

RSU Medika Mulya

Sobat777

Sobat777

Sobat777