Itangazo ryasohowe n’Umutwe w’inyeshyamba wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo rigaragaza ko ibikorwa birimo kugaragara ku mirongo inyuranye y’urugamba ari ibisanzwe byo guhinduranya imitwe y’ingabo, bitandukanye n’ibyari bimaze iminsi bivugwa ko urimo kuva muri bimwe mu birindiro byawo.
Ubutumwa umuvugizi wa M23 Lawrence Kanyuka yatangaje ku rubuga nkoranyambaga X mu ijoro ryo ku wa gatandatu tariki 28 Werurwe 2026 bugira buti: “Ibikorwa birimo kugaragara muri iki gihe ku mirongo inyuranye yo ku rugamba bijyanye gusa n’ihinduranya risanzwe kandi ry’amayeri y’urugamba ry’imitwe y’ingabo ya M23.”
Kanyuka yongeyeho ko M23 igishishikajwe buri gihe no kubahiriza neza ingamba z’icyizere zo muri gahunda y’amahoro ya Doha kandi ko yiyemeje kurinda abaturage b’abasivile, ndetse yiteguye kurandura inkeke iyo ari yo yose kuva aho ituruka.
Nta cyo Leta ya DR Congo yatangaje kuri ibi bishya byatangajwe na M23. Umuvugizi w’igisirikare cya Leta, FARDC yabwiye BBC dukesha iyi nkuru mu butumwa bwanditse bwo kuri telefone ko nta cyo bari bagira cyo kubivugaho.
M23 itangaje ibi nyuma yuko muri iki cyumweru amakuru amwe yo mu bitangazamakuru byo muri DR Congo yumvikanishije ko uyu mutwe wari urimo gusubira inyuma uva mu birindiro bimwe byawo byo mu ntara ya Kivu ya Ruguru cyangwa kwimurira ahandi abarwanyi bawo.
Ku wa gatatu, Radio Okapi ikorera muri DRC iterwa inkunga n’Umuryango w’Abibumbye (ONU) yasubiyemo amagambo y’abategetsi n’abaturage ivuga ko bayibwiye ko mu ijoro ryo ku wa mbere rishyira ku wa kabiri, hagaragaye kwimuka kw’abarwanyi ba M23 bava mu bice bimwe byo muri teritwari ya Lubero, mu birindiro bimwe bari bamazemo umwaka urenga, ibyanemejwe na Meya wa Goma watangaje ko ibiri kuba ari ukubahiriza ibyasabwe ngo buri ruhande (M23 NA Leta) buri wese akaba asabwa byibuze ibirometero 30.
Ku wa kane, mu nama yayoboye y’akanama k’umutekano wa ONU, Massad Boulos, intumwa nkuru kuri Afurika ya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Donald Trump yongeye gushimangira ubusabe bwa Amerika bwuko u Rwanda rukuraho ingamba z’ubwirinzi, gukura ingabo zarwo aka kanya ku butaka bwa DRC no kubahiriza ubusugire bwa DRC.
Boulos yanashimangiye ko bicyenewe ko Leta ya DRC irandura umutwe wa FDLR ihereye mu bice igenzura, avuga ko izo ntambwe ari ingenzi cyane mu gucyemura impungenge z’umutekano zenyegeje kutizerana n’umutekano mucye mu karere.
Raporo z’inzobere za ONU, DRC n’ibihugu byinshi byo mu burengerazuba bw’Isi bashinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23 urwanya ubutegetsi bwa DRC, mu kuwuha imyitozo yok u rwego rwo hejuru, abasirikare badasanzwe (special force), ibikoresho bigezweho n’amategeko.
Leta y’u Rwanda ihakana yivuye inyuma ibyo gufasha M23, ikavuga ko yashyizeho ingamba z’ubwirinzi, mu gihe ishinja Leta ya DRC gukorana no gushyigikira umutwe w’inyeshyamba wa FDLR ugizwe ahanini n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi, ibyo DRC na yo ihakana.
Umutwe wa M23 ugenzura ibice byinshi byo mu ntara ya Kivu ya Ruguru no mu ntara ya Kivu y’Epfo, birimo n’imijyi ibiri minini ya Goma na Bukavu, Leta ihora ihigira kongera kwisubiza nyamara bikayibera ihurizo rikomeye.
Boulos yanibukije amasezerano y’amahoro ya Washington yashyizweho umukono mu kwezi kwa 12 kw’umwaka ushize wa 2025 hagati ya Perezida wa DRC, Félix Tshisekedi na Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yahagarariwe na Perezida Trump, avuga ko ari intambwe y’ingenzi cyane yatewe igaragaza kwiyemeza kurenga ubushyamirane kw’impande zombi.
Mu butumwa yatangaje ku rubuga X, Boulos yavuze ko yashimangiye uko bimeze ku bantu babarirwa muri za miliyoni bamaze igihe kirekire cyane barimwe amahoro, umutekano n’amahirwe y’ubukungu.
Intambara mu burasirazuba bwa DRC hagati y’abarwanyi ba M23 na Leta ya Kinshasa yongeye kwaduka kuva mu kwezi kwa 11 (Ugushyingo), umwaka wa 2021 ariko amakimbirane n’intambara muri aka gace akaba amaze imyaka igera kuri 30.


