Minisiteri y’Ubuzima muri Uganda yatangaje ko hagaragaye abandi bantu batatu banduye icyorezo gishya cya Ebola, bituma umubare w’abamaze kwemezwa ko bayanduye muri iki gihugu ugera ku bantu batanu.
Ibi byatangajwe kuri uyu wa 23 Gicurasi 2026, mu itangazo ryashyizwe hanze na Minisiteri y’Ubuzima muri Uganda, ivuga ko abo barwayi bashya bagaragaye nyuma y’isuzuma ryakorewe ku bantu bari barahuye n’umuntu wa mbere wari wemejweho Ebola.
Abarwayi bashya barimo umushoferi w’Umunya-Uganda wari watwaye umurwayi wa mbere wemejwe muri iki gihugu.
Undi ni umukozi wo kwa muganga w’Umunya-Uganda wanduye nyuma yo kwita ku murwayi wa mbere wemejweho Ebola.
Minisiteri y’Ubuzima ya Uganda yavuze ko aba bombi bagaragaye mu bantu bari basanzwe bakurikiranwa kuko bari barahuye n’umurwayi wa mbere.
Umurwayi wa gatatu ni umugore ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wari winjiye muri Uganda agaragaza ibimenyetso birimo kuribwa mu nda.
Minisiteri yavuze ko abantu bose bahuye n’abarwayi bamaze kumenyekana bashyizwe ku rutonde, bari gukurikiranirwa hafi n’amatsinda ashinzwe guhangana n’iki cyorezo.
Yasabye abaturage gukomeza gutuza, ariko bakaba maso kandi bagakurikiza amabwiriza yo kwirinda.

