Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongeye kugaragara mu ruhando rw’impaka nyuma yo gusaba ko umunyamakuru w’icyamamare Seth Meyers wirirwa anenga ubuyobozi bwe yirukanwa na Televiziyo NBC.
Ni nyuma y’aho Meyers, mu kiganiro cye cya Late Night with Seth Meyers cyaciye kuri NBC ku wa Kane, tariki ya 13 Ugushyingo 2025, yavuze ko Trump ari we Perezida udakunzwe kurusha abandi bose mu mateka ya Amerika, ashingiye ku bushakashatsi bwagaragaje ko akunzwe ku kigero cya 33%, amanota 10% munsi y’uko byari bimeze muri Werurwe 2025.
Meyers yavuze ko n’abo mu ishyaka rye, Abarepubulikani, batangiye kumutakariza icyizere kubera kutuzuza ibyo yemeye birimo gutangaza dosiye ya Jeffrey Epstein
Ibi byarakaje Trump wahise asubiza abinyujije ku rubuga rwe Truth Social, aho yamushinje kugira uburwayi bwo kumurwanya budakira, yise Trump “Derangement Syndrome (TDS)”, kandi anatangaza ko ikiganiro cya Meyers kiri guhomba bikabije.
Trump yavuze ko uyu munyamakuru nta mpano afite bityo ko NBC ikwiye kumwirukana vuba na bwangu.
Ibi si ubwa mbere Perezida Trump abishinje itangazamakuru kuko avuga ko rimurwanya. Muri Kamena 2025, yashimye CBS kuba yarahagaritse ikiganiro cya Stephen Colbert, avuga ko na Jimmy Kimmel wa ABC na Jimmy Fallon wa NBC bakwiye gukurikiraho.
Imiryango iharanira ubwisanzure bw’itangazamakuru yakomeje kunenga imvugo n’imyitwarire ya Trump ivuga ko ibangamira uburenganzira bwo gutanga ibitekerezo mu bihugu byemera demokarasi.


