Kuri uyu wa Mbere tariki 17 Ugushyingo 2025, Ambasaderi Innocent Bagamba Muhizi yashyikirije Perezida wa Singapore, Tharman Shanmugaratnam, impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri icyo gihugu, mu muhango wabereye mu Ngoro y’Umukuru w’Igihugu.
Ambasaderi Muhizi asimbuye Jean de Dieu Uwihanganye wari umaze imyaka itandatu ahagarariye u Rwanda muri Singapore, aho yagize uruhare mu gushimangira umubano w’ibihugu byombi.
Umubano wa dipolomasi hagati ya Singapore n’u Rwanda watangijwe mu 2005, ukomeza kugenda waguka, ugera no ku masezerano akomeye arimo ayo kwirinda gusoresha kabiri (yasinywe mu 2014 avugururwa mu 2024) n’ay’ishoramari. Mu Gicurasi 2025 kandi, ibihugu byombi byasinyanye amasezerano ya mbere ajyanye n’ubucuruzi bwa karuboni, ashingiye ku masezerano ya Paris, ari na yo Singapore yasinyanye bwa mbere n’igihugu cyo mu Burasirazuba bwa Afurika.
Muhizi yinjiye muri izi nshingano nyuma yo kuyobora Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ikoranabuhanga mu Itumanaho n’Isakazabumenyi (RISA), aho azifashisha ubunararibonye bwe mu ikoranabuhanga n’imiyoborere mu gushimangira umubano w’ibihugu byombi.


