Perezida wa Guinée, Mamadi Doumbouya, yageze mu Rwanda, aho yitabiriye Inama ihuza abayobozi b’ibigo, abashoramari n’abanyapolitiki bo hirya no hino muri Afurika no hanze yayo, izwi nka ‘Africa CEO Forum’.
Perezida Doumbouya yageze mu Rwanda mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri rishyira ku wa Gatatu aho yitabiriye inama y’iminsi ibiri, itegerejwemo abarenga 2800, izabera mu mujyi wa Kigali, kuwa Kane no kuwa Gatanu ku matariki ya 14 na 15 Gicurasi 2026.





