Ayatollah Ali Khamenei, umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, yavuze ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika nizitera Iran, intambara izagera mu karere kose.
Khamenei yatangaje ibi kuri iki Cyumweru, mu gihe umwuka mubi hagati ya Washington na Tehran ukomeje kwiyongera.
Khamenei yavuze ko Trump ahora avuga ko yohereje amato y’intambara ariko Iran ikaba itazaterwa ubwoba n’ibi kuko Abanya-Iran batazahagarikwa n’ibi bikangisho.
Yongeyeho ati :”Ntabwo aritwe twabitangije ndetse nta n’igihugu dushaka gutera, ariko Iran izarasa bikomeye uzayitera wese, ndetse akabayibiza amahwemo.”
Imyigaragambyo yazambije umubano wa Amerika na Iran yatangiye mu mpera za Ukuboza 2025 ishingiye ku bibazo by’ubukungu, ariko nyuma byahindutse ikibazo gikomeye cya politiki.
Imibare yerekana ko abantu 3.117 bishwe mu gihe cy’imyigaragambyo.

