Amizero
Ahabanza Amakuru Amakuru mashya Politike Umutekano

Amerika yafatiye ibihano Joseph Kabila wahoze ari Perezida wa DRC

Leta Zunze Ubumwe za Amerika, zatangaje ko zafatiye ibihano Joseph Kabila Kabange wahoze ari Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo.

Urwego rw’iki gihugu rushinzwe imari ni rwo rwatangaje ko rwafatiye ibihano uriya mugabo wayoboye DR Congo mu gihe cy’imyaka 18.

Ni nyuma y’uko Leta ya DR Congo yakunze kumushinja guha ubufasha inyeshyamba zo mu mutwe wa M23 umaze imyaka irenga ine uri mu ntambara na yo.

Mu mwaka ushize Urukiko Rukuru rwa Gisirikare muri RDC rwakatiye Kabila igihano cy’urupfu, nyuma yo kumuhamya ibyaha birimo kugambanira igihugu, kujya mu mutwe ugambiriye gukuraho ubutegetsi ndetse n’ibyaha byibasiye inyokomuntu. Byari nyuma yo kugaragara mu mujyi wa Goma ugenzurwa na M23.

Usibye kumukatira urwo gupfa, Leta ya RDC yafatiriye imitungo ye yose ndetse inasesa ishyaka rye rya PPRD.

Leta Zunze Ubumwe za Amerika ivuga ko “yagarutse muri RDC afite umugambi wo guhungabanya Guverinoma ya Congo binyuze mu guha ubufasha AFC/M23”.

Ivuga kandi ko yaba yarahaye ubufasha bw’amafaranga AFC mu rwego rwo kugira ngo uruhare rwayo rwa Politiki rugaragare mu burasirazuba bwa RDC.

Washington kandi yamushinje kuba yarashishikarije abasirikare bo mu ngabo za Leta ya Congo (FARDC) kuzivamo bakiyunga kuri AFC, ndetse no kuba ari gutegura kugaba ibitero kuri FARDC aturutse mu mahanga.

Ikindi ngo ni uko yaba yaragize uruhare mu gushyiraho umunyapolitiki utavuga rumwe na Perezida uriho, kugira ngo yisubize ijambo muri Guverinoma.

Ku bwa Washington, Kabila “yafashize AFC na M23 mu buryo bw’ibikoresho, ayitera inkunga; cyangwa ayiha ubufasha bw’ibikoresho, amafaranga, ikoranabuhanga cyangwa ubw’ibikoresho na serivisi.”

Kabila amaze igihe agaragaza ko ubutegetsi bwa Perezida Félix Antoine Tshisekedi yita ubw’igitugu bugomba kuvaho, nyuma yo kubushinja kuba bukomeje gukora amabi menshi no kubabaza abanye-Congo.

Related posts

Imbuga za murandasi zari zahagaze zatangiye kongera gukora

N. FLAVIEN

APR FC yasabye Mogadishu City Club bazahura muri CAF CL gushaka Igihugu cyizewe, bitaba ibyo ntiyitabire umukino.

N. FLAVIEN

Uganda: Hagaragaye abandi bantu batatu banduye Ebola

N. FLAVIEN

Leave a Comment

EBONY88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Slot Gacor Hari Ini

Slot Deposit 10 ribu

Slot Gacor Hari Ini

Slot Online Gacor

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Asli4D

Asli4D

Asli4D

RSU Alam Medica

RSU Jati Husada

RSU Bina Kasih

RSU Graha Husada

RSU Medika Mulya

Sobat777

Sobat777

Sobat777