Amizero
Amakuru Amakuru mashya Hanze Politike Trending News Umutekano

Amerika igiye kubaka ubwato bw’intambara buruta ubwo isanganywe bwose

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko bagiye kubaka ubwato bugera kuri 30 mu rwego rwo kongera ubushongore n’ubukaka bw’ingabo za Amerika zirwanira mu mazi.

Trump yavuze ko ubwato bushya bw’intambara buzaba ari bunini kandi bunyaruka kurusha ubusanzwe. Ubu bwato buzaba ari igice kinini mu cyo yise ubwato bushya bwa zahabu.

Amerika yatangaje ko izabanza kubaka ubwato bubiri bunini nyuma umubare ukazongerwa ugere kuri 25. Ubwato bwa mbere buzitwa USS Defiant.

Ubu bwato buzaba ari bugari cyane bufite ubushobozi bwo kwikorera ibipima toni 30.000 biruta cyane ubwato busanzwe bwifashishwa mu ntambara zitandukanye.

Buzaba bukoresha ikoranabuhanga ry’ubwenge buhangano (AI) n’itwaro zikoresha imirasire mu guhangana n’umwanzi.

Ubu bwato buzashyirwamo n’imbunda zisanzwe zikoreshwa mu mazi ariko hongerwemo izikoresha ingufu za nucléaire.

Hari hashize imyaka 31 Amerika itubaka ubwato nk’ubu. Abayobozi ba Amerika bagaragaza ko ibi byatumye iki gihugu kiba insina ngufi icibwaho amakoma na buri wese ku bijyanye n’ubushongore n’ubukaka mu kurwanira mu mazi, kuko u Bushinwa bwo bugeze kure bwubaka uru rwego binyuze mu kubaka ubwato bwinshi.

Trump yabuze ko uyu mushinga mushya ugamije kurinda Amerika abanzi bose bashoboka no guhangana n’abo bahora bahanganye.

Uyu musaza w’imyaka 79 uri kuyobora Amerika ku nshuro ya kabiri, agaragaza ko imishinga ijyanye no guteza imbere urwego rwa gisirikare igenda biguru ntege ndetse igakosha.

Yavuze ko bagiye kwita kuri iki kibazo, hagamijwe gukora intwaro vuba, ku giciro gihendutse ndetse zigakorwa neza.

Uretse ubwato bushya bw’intambara, igisirikare cya Amerika kirwanira mu mazi kinateganya kubaka ubundi burimo ubutoya buzwi nka ’frigates’, na byo biri mu murongo w’iki gihugu wo kongerera ubushobozi igisirikare kirwanira mu mazi no gukemura ibibazo biri mu ikorwa ry’intwaro.

Related posts

Rubavu: Rwa ruhinja rwatoraguwe mu bwiherero rwashyinguwe hataraboneka uwarutaye.

N. FLAVIEN

Daniel Afriyie Barnieh yahesheje Ghana kwegukana igikombe cya Afurika cy’abatarengeje imyaka 20

N. FLAVIEN

FARDC yahagaritse abasirikare bayo 75 ibashinja gukorana na M23.

N. FLAVIEN

Leave a Comment

EBONY88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Slot Gacor Hari Ini

Slot Deposit 10 ribu

Slot Gacor Hari Ini

Slot Online Gacor

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Asli4D

Asli4D

Asli4D

RSU Alam Medica

RSU Jati Husada

RSU Bina Kasih

RSU Graha Husada

RSU Medika Mulya

Sobat777

Sobat777

Sobat777