Amizero
Amakuru Amakuru mashya Politike Trending News Umutekano

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Mozambique yasuye Inzego z’umutekano z’u Rwanda

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Mozambique Margarida Adamugi Talapa, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 23 Ukuboza 2025, yasuye Inzego z’Umutekano z’u Rwanda (RSF) ziri mu Butumwa bwo guhashya iterabwoba mu Karere ka Mocímboa da Pria mu Ntara ya Cabo Delgado.

Margarida Adamugi Talapa yari aherekejwe n’itsinda ryo ku rwego rwo hejuru ryarimo Guverineri w’Intara ya Cabo Delgado Valige Tauabo, n’Umuyobozi w’Ingabo za Mozambique Maj. Gen. André Rafael Mahunguane.

Iryo tsinda ryakiriwe n’Umugaba w’Inzego z’Umutekano z’u Rwanda Maj. Gen. Vincent Gatama, wabasobanuriye imiterere y’umutekano mu bice bigenzurwa n’inzego z’umutekano z’u Rwanda.

Mu ijambo rye, Madamu Talapa yashimye imbaraga inzego z’umutekano z’u Rwanda n’iza Mozambique zashyize mu kurwanya iterabwoba mu Ntara ya Cabo Delgado.

Yagaragaje ko amahoro n’umutekano ari umusingi w’ingenzi w’iterambere rirambye muri Mozambique, aboneraho gushishikariza inzego z’umutekano z’u Rwanda gukomeza gukomera ku butumwa bwabo no kudakura mu ruge.

Nanone kandi yashimye ubutwererane bukomeye burangwa hagati y’inzego z’u Rwanda n’iz’Igihugu cye, ahamya ko ubufatanye bafitanye bushimangira ukwiyemeza kugarura amahoro arambye mu Ntara ya Cabo Delgado ndetse no kurushaho kwagura ubutwererane mu nzego zitandukanye.

Mu myaka ine ishize, inzego z’umutekano z’u Rwanda zifatanyije n’iza Mozambique zageze ku ntambwe ishimishije mu rugamba rwo gusenya umutwe w’iterabwoba wa Al Sunna Wa Jama (ASWJ).

Ibyo byihebe byirukanywe mu bice zari zarahinduye indiri mu Turere twa Mocimboa da Praia na Palma.

Ibyo byatumye abaturage benshi bari barataye ibyabo bongera gutahuka, ibikorwa by’iterambere birongera birasubukurwa.

Related posts

King James, Shaddy Boo n’abandi mu maboko ya Polisi nyuma yo kurenga ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19

N. FLAVIEN

Nyamasheke: Perezida Kagame yakiriwe n’ababyeyi mu buryo bwihariye.

N. FLAVIEN

Perezida wa Uganda yategetse ko buri kigo cy’amashuri kigira ikibuga cy’umupira w’amaguru

KALISA

Leave a Comment

EBONY88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Slot Gacor Hari Ini

Slot Deposit 10 ribu

Slot Gacor Hari Ini

Slot Online Gacor

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Asli4D

Asli4D

Asli4D

RSU Alam Medica

RSU Jati Husada

RSU Bina Kasih

RSU Graha Husada

RSU Medika Mulya

Sobat777

Sobat777

Sobat777