Umugabo w’imyaka 31 wo mu karere ka Rwamagana yatawe muri yombi nyuma yo kwiyemerera ko yasambanyije umwana yibyariye ufite imyaka ine y’amavuko.
Ibi byabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 26 Kamena 2026, bibera mu mudugudu wa Gatare, Akagari ka Cyimbazi, Umurenge wa Munyiginya mu karere ka Rwamagana.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Munyinginya, Ruhangaza Brigitte, yabwiye Igihe dukesha iyi nkuru ko uwo mugabo ufite imyaka 31 avuka mu karere ka Ngororero mu murenge wa Kabaya.
Yagize ati: “Arakekwaho gusambanya umwana we bwite yibyariye ufite imyaka ine, yabikoze mu gihe umugore we yari yagiye ku muhanda guhaha aje asanga amaze kumusambanya. Ni bwo yahuruje ubuyobozi kandi umugabo arabyemera ko yabikoze.’’
Gitifu Ruhangaza yavuze ko uyu mugabo ukekwaho iki cyaha yahise afatwa ubu akaba ari kuri Sitasiyo ya RIB ya Gishari, mu gihe umwana yajyanywe kuri Isange One Stop Center kwitabwaho.
Uyu muyobozi yasabye ababyeyi kwita ku bana babo bakamenya aho bari n’ibyo bahugiyemo. Yabasabye kandi kujya batanga ibirego ku ihohoterwa iryo ari ryo ryose ryabera mu ngo zabo aho guhishira abarikora kuko biba ari ukubatiza umurindi wo gukomeza kwangiza abandi bana.

