Inteko Ishingamategeko ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo uyu munsi iratangira kuganira ku masezerano y’amahoro ya Washington yasinywe umwaka ushize hagati leta ya Kinshasa n’iya Kigali.
Ibiro bya perezida wa RD Congo byatangaje ko Perezida Félix Tshisekedi yakiriye umukuru w’inteko ishingamategeko umutwe w’abadepite Aimé Boji Sangara na Jean-Michel Sama Lukonde ukuriye umutwe wa sena kugira ngo babiganireho.
Amasezerano ya Washington yasinywe muri Nyakanga(7) ishize yemezwa mu Ukuboza(12) na ba Perezida Paul Kagame na Tshiseke bari iruhande rwa Donald Trump mu nyubako uyu yari amaze guhindurira amazina ikitwa “Donald J. Trump Institute of Peace” hafi y’ibiro bye.
Mu gihe abagirwaho ingaruka n’intambara mu burasirazuba bwa Congo bari bizeye ko aya masezerano ayihagarika, nk’uko na Perezida Trump yari yabisezeranyije, ariko kugeza ubu nta kinini cyahindutse ku rubuga rw’intambara.
Leta ya Kinshasa ishinja umutwe wa AFC/M23 guhonyora ayo masezerano ufatanyije n’ingabo z’u Rwanda ivuga ko ari zo zifasha izo nyeshyamba. M23 yo ikabinyomoza ahubwo igashinja leta kuba ari yo yakomeje kurenga ku masezerano y’agahenge, no gukoresha ibitero by’indege za ‘drones’ mu gukomeza imirwano.
Ntihazwi neza umwanzuro uzafatwa n’Inteko ishingamategeko ya DR Congo kuri aya masezerano y’amahoro iruhande rwayo harimo n’ay’ibikorwa by’ubukungu n’ubucuruzi hagati ya Kinshasa na Washington.

