Raporo ya The Washington Post ivuga ko Russia iri guha Iran amakuru y’ubutasi agaragaza aho amato ya gisirikare n’indege za gisirikare za Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziherereye mu Burasirazuba bwo Hagati.
Aya makuru akaba ngo ari yo Iran iri kwifashisha mu kumenya neza aho igomba kurasa mu bitero bya misile cyangwa drones kandi bakabikora badahusha.
Abategetsi ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika bavuga ko aya makuru arimo aho amato ya US Navy n’indege za gisirikare ziherereye.
Ibi bigaragaza ko intambara iri mu karere ishobora kurushaho gukomera no kwinjiramo ibindi bihugu bikomeye.
Uburusiya buvuzwe nyuma y’Ubushinwa nabwo bwavuzwe ko bwaba butanga misile zigezweho zishobora kwigabanyamo ibice byinshi bityo kubisenyera mu kirere bikaba ingorabahizi.

