U Rwanda na Pologne bongeye kwemeza ubushake bwo kurushaho gushimangira umubano w’impande zombi, binyuze mu biganiro bya dipolomasi byahuje Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Jean Patrick Nduhungirehe, na Wojciech Zajączkowski, Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Pologne.
Impande zombi zagaragaje ko umubano hagati y’ibihugu byombi ugeze ku rwego rushimishije, bigaragarira mu mikoranire mu nzego zitandukanye zirimo uburezi, ishoramari, ikoranabuhanga n’ubutwererane mu bya dipolomasi.
Mu byagarutsweho, harimo gushimangira umubano mu by’ishoramari, binyuze mu masezerano y’ubufatanye asanzwe ariho n’ashobora kongerwamo. U Rwanda na Pologne kandi bashimangiye uruhare rw’uburezi mu gutsura umubano, aho ubu Pologne yakiriye abanyeshuri b’Abanyarwanda barenga 1,500, bayobora mu mubare munini w’abanyamahanga bigayo baturuka mu gihugu kimwe.
Ibi biganiro byabanjirijwe n’intambwe yatewe mu mubano w’ibihugu byombi nyuma y’uruzinduko rwa Perezida Andrzej Duda mu Rwanda muri Gashyantare 2024, rwashyizeho umurongo mushya w’ubufatanye mu bijyanye n’ubucuruzi, ikoranabuhanga no kurengera ibidukikije.
Mu rwego rw’ubwikorezi bwo mu kirere, ku wa 13 Ugushyingo 2024, u Rwanda na Pologne basinye amasezerano ya BASA (Basic Air Service Agreement) agamije koroshya ingendo zo mu kirere hagati y’impande zombi.
Umubano wa dipolomasi ukomeje kwaguka, aho u Rwanda rufite ambasade i Varsovie kuva mu 2021, na Pologne ifite iya Kigali kuva mu 2022, byose bigaragaza icyerekezo cyo guteza imbere ubufatanye burambye hagati y’ibihugu byombi.


