Kuri uyu wa 11 Ukuboza 2025, U Rwanda rwakiriye abandi banyarwanda 337 bari barafashwe bugwate n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR ukorera muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo (RDC).
Abatashye biganjemo abana 234, abagabo 22 n’abagore 81. Banyuze ku mupaka munini wa La Corniche, uhuza u Rwanda na RDC.
Aba Banyarwanda babaga mu nkambi y’agateganyo ya Goma, nyuma yo kuva mu bice bitandukanye mu burasirazuba bwa RDC, aho bari barafashwe bugwate na FDLR.
Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu Wungirije ushinzwe imibereho myiza, Ishimwe Pacifique yibukije abatashye ko ari imbaraga igihugu cyari cyarabuze.
Bazahabwa iby’ibanze bizabafasha gutangira ubuzima,birimo amafaranga y’ibanze aho uwatahutse arengeje imyaka 18 azahabwa 188$, uri munsi yayo ahabwe 113$ angana ndetse buri wese agenerwa n’ibyo kurya by’ibanze bifite agaciro k’ibihumbi 45 Frw.



