U Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo biri kwitegura gusinya amasezerano y’amahoro ya nyuma ya Washington agamije kujyana n’ibikorwa bifatika byo gusenya umutwe w’iterabwoba wa FDLR umaze imyaka myinshi uhungabanya umutekano w’akarere.
Ikinyamakuru Africa Intelligence cyatangaje ko uyu muhango uzahuza Perezida Paul Kagame na Félix Tshisekedi wa RDC uzaba tariki ya 4 Ukuboza 2025.
Ni umuhango kandi uzitabirwa na Perezida wa Kenya akaba n’Umuyobozi mukuru w’Umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC), Dr. William Samoei Ruto, ari mu bazitabir
Aya makuru yatangajwe nyuma y’aho tariki ya 27 Ugushyingo Perezida Kagame abwiye abanyamakuru ko umuhango wo gusinya aya masezerano wateganyijwe mu ntangiriro za Ukuboza kandi ko yiteguye kujya i Washington.
Ubwo yari mu ruzinduko muri Serbie ku wa 28 Ugushyingo, Tshisekedi yabwiye Abanye-Congo baba muri iki gihugu ko azajya i Washington nk’uko byatangajwe, ariko ko nta bufatanye buzabaho mu rwego rw’ubukungu mu gihe ibibazo by’umutekano bitarakemuka.
Iki kinyamakuru cyasobanuye ko Ruto azaba ari i Washington nk’umuhamya w’aya masezerano, kandi ko azaherekezwa na Minisitiri w’Intebe akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Kenya, Musalia Mudavadi.
Leta Zunze Ubumwe za Amerika zateguje ko umuhango wo gusinya aya masezerano uzitabirwa n’abantu benshi, barimo abahagarariye ibihugu byo mu karere, Qatar, Togo n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.



