Amizero
Ahabanza Amakuru Imikino

Tour de France: Nyuma y’imyaka 5 yarazimye, Mark Cavendish yongeye kwigaragaza

Kuri uyu wa kabiri tariki ya 29 Kamena 2021 hakinwaga agace ka 4 k’isiganwa Tour de France, agace kegukanwe n’umwongereza Mark Cavendish mu gihe Van Der Poel yagumanye umwambaro w’umuhondo

Kuri uyu wa kabiri, abasiganwa bahagurutse i Redon berekeza ahitwa Fougeres, basiganwa ahareshya n’ibirometero 150 na metero 400 (150,4KM).

Icyamamare mu gusigamwa ku igare Mark Cavendish w’imyaka 36 yegukanye aka gace akoresheje ibihe bingana n’amasaha 3 iminota 20 n’amasegonda 17 (3H20’17’’), ibihe anganya na bagenzi be 9 bamukurikiye.

Mark Cavendish ufite umudari wa mbere muri shampiyona y’isi, yongeye kwibutsa abakunzi b’igare ko akiri wawundi yegukana agace ka 31 mu marushanwa akomeye yakinnye hirya no hino ku isi, ibintu byaherukaga mu mwaka wa 2016.

Mathieu Van Poel (Alpecin Fenix) utabonetse mu 10 ba mbere b’aka gace ka kane aracyafite umwambaro w’umuhondo nyuma yo kuba ari we ukiyoboye abamaze gukoresha igihe gito, aho amaze gukoresha amasaha 16 iminota 19 n’amasegonda 10.

Ku mwanya wa 2 haracyari umufaransa Julian Alaphilippe (Deuceninck-quick step) urushwa n’uwambere amasegonda 8, mu gihe ku mwanya wa gatatu haza Richard Carparaz  (Ineos Grenadiers), akaba arushwa n’uwambere amasegonda 31.

Kuri uyu wa gatatu abasiganwa barazenguruka mu mugi wa Rennes bava ahitwa Change berekeze ahitwa Laval, ku ntera y’ibirometero 27 na metero 200 (27,7KM). Ni isiganwa ry’umuntu ku giti cye bizwi nka Individual time-trial.

Van Der Poel niwe umaze gukoresha igihe gito
Cavendish Mark niwe watowe nk’umukinnyi mwiza
Tadej Pogacar niwe watowe nk’umukinnyi ukiri muto witwaye neza
Ide Schelling niwe mukinnyi mwiza ahazamuka

Related posts

Tour de France: Van der Poel yegukanye agace ka kabiri agatura Sekuru utakiriho

NDAGIJIMANA Flavien

Musanze: Arwariye mu Bitaro nyuma yo gukomeretswa n’imbogo yatorotse Parike y’Ibirunga.

NDAGIJIMANA Flavien

Iminsi 100 irashize Putin atangije intambara kuri Ukraine. Byifashe bite ku rugamba?

NDAGIJIMANA Flavien

Leave a Comment