Amizero
Amakuru Amakuru mashya Politike Trending News

Perezida Kagame yibukije abayobozi bashya barahiriye kwinjira mu nshingano kuzuzuza

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yasabye abayobozi bashya barahiriye kwinjira mu nshingano, kuzuzuza kuko ibibazo igihugu gifite, bisaba ko abantu bakora mu buryo bukomeye.

Yabigarutseho kuri uyu wa 11 Ukuboza 2025, ubwo yakiraga indahiro z’abayobozi bashya barimo Dr. Kayitesi Usta, wagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr. Uwituze Solange, wagizwe Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi na Dr. Muligande Charles, wagizwe Umusenateri n’abagizwe abacamanza mu rukiko rw’ubujurire, ari bo Dr. Didace Nshimiyimana na Dr. Jules Marius Ntete.

Perezida Kagame yavuze ko nubwo buri gihe habaho gusubira mu magambo iyo bakira indahiro birimo kubibutsa gusohoza neza inshingano baba barahiriye, kubisubiramo ari ukwibutsa ko inshingano bafitiye igihugu zikomeye.

Yagize ati “Mu nshingano tuba dufite, uko dukwiye kuba tuzuzuza bidusaba imbaraga zitandukanye ariko nyinshi. Abadashyiramo imbaraga ubwo baba bafite impamvu”

Yongeyeho ko ibibazo byo ari byinshi kuko bimwe bikemuka, ibindi bivuka bityo ko hakenewe imbaraga nyinshi, ubushishozi n’ubwitonzi.

Abayobozi barahiye uyu munsi, ni abashyizweho n’inama y’abaminisitiri yateranye ku wa 28 Ugushyingo 2028 barimo Dr. Solange Uwituze wagizwe Umunyamabanga wa Leta muri MINAGRI asimbuye Dr. Ndabamenye wari usanzwe ari umuyobozi mukuru w’agateganyo w’ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB), umwanya yagiyeho n’ubundi asimbuye Dr. Ndabamenye wari ugiye muri Guverinoma, mu gihe we yari asanzwe ari umuyobozi mukuru wungirije.

Undi ni Dr. Usta Kayitesi wagizwe Umunyamabanga wa Leta muri MINAFFET wari usanzwe ari umusenateri anayoboye komisiyo ya politike n’imiyoborere aho yasimbuye Gen (Rtd) James Kabarebe wagizwe Umujyanama Mukuru mu by’umutekano muri Perezidansi ya Repubulika.

Ni mu gihe Dr. Muligande Charles wagizwe Umusenateri asimbuye Dr. Usta Kayitesi wagiye muri Guverinoma, ari inararibonye muri politiki y’u Rwanda, kuko yakoze muri Guverinoma mu myanya itandukanye, ndetse ahagararira igihugu mu mahanga, mbere yuko ajya mu kiruhuko cy’izabukuru mu 2020.

Muri Kamena 2016 nibwo Dr Charles Murigande yahawe inshingano z’Umuyobozi wungirije wa Kaminuza y’u Rwanda ushinzwe iterambere ari na ho yasoreje imirimo ye ajya mu kiruhuko cy’izabukuru.

Perezida Paul Kagame yasabye abayobozi bashya barahiriye kwinjira gushyira imbaraga mu kuzuza inshingano barahiriye
Dr. Uwituze Solange yarahiriye kuba Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi
Dr. Kayitesi Usta yarahiriye kuba Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane
Dr. Charles Murigande yarahiriye kuba Umusenateri
Dr. Didace Nshimiyimana na Dr. Jules Marius Ntete bagizwe abacamanza mu rukiko rw’ubujurire ubwo bashyiraga umukono ku ndahiro
Perezida Kagame yibukije ko igihugu cy’u Rwanda gifite ibibazo byihariye, bityo ko kubikemura bisaba imbaraga zidasanzwe

Related posts

Amwe mu mateka y’ubwato ‘TITANIC’ bumaze imyaka 109 burohamye mu nyanja ya Atlantika.[AMAFOTO]

N. FLAVIEN

Daddy de Maximo yatangije igikorwa cyo kurohora Isimbi Noeline kureka gukina pornography

N. FLAVIEN

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kirahakana gukorana na ‘Wagner Group’.

N. FLAVIEN

Leave a Comment

EBONY88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Slot Gacor Hari Ini

Slot Deposit 10 ribu

Slot Gacor Hari Ini

Slot Online Gacor

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Asli4D

Asli4D

Asli4D

RSU Alam Medica

RSU Jati Husada

RSU Bina Kasih

RSU Graha Husada

RSU Medika Mulya

Sobat777

Sobat777

Sobat777