Amizero
Ahabanza Amakuru Amakuru mashya Politike Trending News Umutekano

Perezida Kagame yagize Brig Gen Godfrey Gasana Umupilote we wihariye

Mu ijoro ryo ku wa 24 rishyira 25 Mutarama 2026, hatangajwe ko Perezida wa Repubulika y’u Rwanda akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yagize Brigadier General Godfrey Gasana Umupilote we wihariye.

Izi nshingano azajya azifatanya n’iz’Ubujyanama kuri Minisitiri w’Ingabo mu bijyanye n’imikorere y’Ingabo zirwanira mu Kirere.

Muri iryo vugurura ry’inshingano, Colonel Dan Gatsinzi na we yagizwe umugaba mukuru wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere ushinzwe ibikorwa bya gisirikare.

Brig Gen Godfrey Gasana, wagiriwe icyizere cyo kuba Umupilote wa Perezida, asanzwe ari umupilote w’umwuga ufite uburambe mu gutwara indege. Izi nshingano nshya ni izidasanzwe, ndetse ni ubwa mbere mu bihe bya vuba hatangajwe ku mugaragaro Umupilote wa Perezida.

Mu mwaka wa 2023, Gasana wari ufite ipeti rya Colonel yazamuwe mu ntera ahabwa irya Brigadier General, aho icyo gihe yari Umugaba Mukuru wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere.
Ku rundi ruhande, Colonel Dan Gatsinzi we yazamuwe mu ipeti rya Colonel muri Nzeri 2024 avuye ku rya Lieutenant Colonel.

Mu 2025, yagaragaje ubuhanga budasanzwe aho yabaye umusirikare wahize abandi mu barangije amasomo yabo mu ishuri rikuru rya gisirikare riherereye i Nyakinama.
Mbere y’izi nshingano nshya, mu 2021, Col Dan Gatsinzi yari asanzwe ari Umuyobozi ushinzwe ibikorwa mu Mutwe w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira mu Kirere, aho yagize uruhare rukomeye mu miyoborere n’imikorere y’uyu mutwe.

Brig Gen Godfrey Gasana yagize umupilote wihariye wa Perezida Kagame
Colonel Dan Gatsinzi na we yagizwe Umugaba Mukuru wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere ushinzwe ibikorwa bya gisirikare.

Related posts

Abarwanyi batatu bikekwa ko ari aba FDLR bari mu maboko ya RDF.

N. FLAVIEN

Perezida Ndayishimiye yongeye kubwira Tshisekedi ko amahoro ya DR Congo areba abanyekongo ubwabo.

N. FLAVIEN

M23 yarahiriye guhagarika Jenoside iri gukorerwa abatutsi mu Burasirazuba bwa DR Congo.

N. FLAVIEN

Leave a Comment

EBONY88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Slot Gacor Hari Ini

Slot Deposit 10 ribu

Slot Gacor Hari Ini

Slot Online Gacor

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Asli4D

Asli4D

Asli4D

RSU Alam Medica

RSU Jati Husada

RSU Bina Kasih

RSU Graha Husada

RSU Medika Mulya

Sobat777

Sobat777

Sobat777