Leta ya Togo yatangaje ko guhera ku wa mbere yavanyeho gusaba impushya (visa) zo kwinjira muri icyo gihugu cyo muri Afurika y’uburengerazuba, ubu Abanyafurika bose bafite inzandiko z’inzira (passports) zemewe bashobora kwinjira muri Togo nta ‘visa’ bakahamara iminsi igera kuri 30.
Itangazo rya minisiteri y’umutekano rivuga ko biri mu rwego rwo gufungura amarembo ya Togo, iterambere no kureshya abanyamahanga, muri gahunda yo gutuma Togo ihinduka ihuriro ry’akarere rya serivisi, ubucuruzi, umuco n’ubusabane bw’abantu.
Leta ya Togo inavuga ko iki cyemezo kiri mu rwego rw’indangagaciro za kinyafurika.
Ariko minisiteri y’umutekano ivuga ko Abanyafurika bateganya kujya muri Togo bagomba kubanza kubimenyekanisha ku rubuga rwa leta rujyanye n’ingendo, nibura amasaha 24 mbere yuko bagera muri Togo, kugira ngo bahabwe icyemezo (“bordereau”) cy’urugendo rwabo.
Togo yiyongereye ku bindi bihugu byinshi byo muri Afurika, birimo u Rwanda, Ghana, Bénin, Seychelles na Gambia, na byo byakuyeho ‘visa’ ku Banyafurika babigana.

