Leta Zunze Ubumwe za Amerika zivuga ko irimo guhuza ibikorwa byimbitse byo guhangana n’icyorezo cya Ebola cyongeye kwaduka muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, mu ntangiriro ikaba yatanze imfashanyo ya miliyoni 13 z’amadolari, angana na miliyari 19 z’amafaranga y’u Rwanda.
Itangazo rya minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika rivuga ko “mu gukora hagamijwe guhagarika ikiza mbere yuko kigera ku nkombe z’Amerika, Leta Zunze Ubumwe za Amerika zirimo kurinda ubuzima bw’Abanyamerika imuhira no mu mahanga”.
Amerika itangaje ibi nyuma yuko umuganga w’Umunyamerika yanduye iyi virusi aho yavuriraga abarwayi ku bitaro bya Nyankunde i Bunia, umurwa mukuru w’intara ya Ituri, aho akorera kuva mu mwaka wa 2023. Ubu uwo mugabo yamaze kujyanwa kuvurirwa mu Budage.
Itangazo rya leta y’Amerika rivuga ko irimo gukorana bya hafi na leta ya DRC, u Rwanda, Sudani y’Epfo na Uganda, byamaze gushyiraho amatsinda yo kugenzura uko ibintu birimo kugenda kuri icyo cyorezo no kubimenyesha Abanyamerika bari muri ako karere.
Abategetsi muri DRC bavuze ko abantu 131 bamaze gupfa mu turere twagaragayemo icyorezo cya Ebola naho abandi 531 bakaba bacyekwa ko bayanduye. Ebola yanagaragaye muri Uganda, aho umuntu umwe wayijiranye mu gihugu avuye muri DRC yapfuye mu cyumweru gishize.
Amerika ivuga ko iyo mfashanyo y’ibanze iri mu rwego rwo kongerera imbaraga ibikorwa bya buri gihugu, birimo kugenzura, ubushobozi bwo gupima muri laboratwari (laboratoire), gutangaza amakuru ajyanye n’iyi ndwara, gushyingura mu buryo butekanye budashobora kuyanduza no gupima abinjira n’abasohoka mu gihugu.

