Mu ntambara ikomeye ikomeje kubera mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), ingabo z’u Burundi zarwanye inkundura n’abarwanyi b’umutwe wa AFC/M23, kuri uyu wa 25 na 26 Ugushyingo 2025, mu gace ka Kasika gaherereye muri Teritwari ya Mwenga, Intara ya Kivu y’Amajyepfo.
Abaturage bahatuye batangaje ko nyuma y’uko ingabo za Leta (FARDC) n’imitwe iyishamikiyeho ya Wazalendo zihavuye, habaye ibikorwa byo gusahura bikabije byakozwe ku maduka n’inzu z’abaturage.
Kuri uyu wa 25 Ugushyingo, muri santere ya Kamituga, abasilikare b’u Burundi bafashe umwe mu basirikare ba FARDC ashinjwa gusahura, bamwambura n’intwaro.
AFC/M23 yari imaze iminsi yigarurira uduce twa Mwenga nka Kilungutwe, Kitwabaluzi, Kalama na Chowe, bitera impungenge ko n’umujyi wa Mwenga ushobora gufatwa. Ku wa 26 Ugushyingo, ingabo z’u Burundi zinjiye muri Kasika kugira ngo zihangane na AFC/M23 yari yamaze kuhagera.
Amakuru aturuka muri Mwenga yemeza ko FARDC itagaragaye mu mirwano yo muri Kasika, nk’uko bikunze kugenda igihe urugamba rukomeye, kuko ihitamo guhunga. Kwinjira mu rugamba kw’ingabo z’u Burundi bigaragaza ko AFC/M23 iri kwegera ibirindiro byazo bisanzwe muri Minembwe, Uvira, Fizi na Mwenga.
Abarwanyi ba AFC/M23 baherutse gutangaza ko nibakomeza kugabwaho ibitero n’ingabo za Leta mu bice bituwe n’abaturage, bazirwanaho bakanisumbuza.
Aba barundi baramutse batsinzwe i Kasika, AFC/M23 yaba ibonye amahirwe yo kongera kugaba ibitero no kwigarurira ibindi bice byo muri Kivu y’Amajyepfo, nk’uko byagenze mu Kivu y’Amajyaruguru mu ntangiriro z’uyu mwaka.


