Kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu, igihugu cya Bénin kirikanga impinduka zikomeye muri politiki nyuma y’uko hatangiye igikorwa cyo guhirika ubutegetsi (coup d’État) kiri kubera mu murwa mukuru, Cotonou.
Amakuru atangazwa n’ibitangazamakuru byaho yemeza ko inzu y’umukuru w’igihugu, Perezida Patrice Talon iherereye mu gace ka Le Guézo, yatewe n’itsinda ry’abasirikare bayobowe na Lieutenant-Colonel Pascal Tigri.
Nyuma y’iki gikorwa cyatunguranye, Lt Col Tigri yagaragaye kuri Televiziyo y’Igihugu imaze kujya mu maboko y’igisirikare, yitangaza nka perezida w’akanama ka gisirikare ko kuvugurura ubutegetsi.
Kugeza ubu, imigendere idasanzwe y’ingabo iragaragara mu bice bitandukanye by’umurwa mukuru, ibintu bigaragaza ko igihugu kiri mu bihe bikomeye by’ihurizo rya politiki n’umutekano.
Bénin, yari izwi nk’igihugu kigendera kuri demokarasi gituje muri Afurika y’Iburengerazuba.
Ikinyamakuru TchadOne gikomeje gukurikirana iby’iyi nkuru umunota ku wundi.

