Amizero
Ahabanza Amakuru Imikino

BAL: Amakipe azakina umukino wa nyuma yamenyekanye (Amafoto)

US Monastir isanze SC Zamalek ku mukino wa nyuma w’irushanwa rya Basketball Africa League nyuma yo gusezera Patriots BBC mu mukino wa ½ wari uri kubera Kigali Arena kuri uyu wa gatandatu tariki ya 24 Gicurasi 2021

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wagatandatu tariki ya 29 Gicurasi 2021 habaye imikino 2 ya ½ cy’irangiza cy’irushanwa BAL riri kubera mu Rwanda guhera tariki ya 16 Gicurasi 2021.

SC Zamalek yo mu gihugu cya Misiri na US Monastir yo muri Tunisia, niyo makipe yabonye itike yo gukina umukino wa nyuma ubwo iri rushanwa rizaba risozwa kuri iki cyumweru, uyu mukino ukazabanzirizwa n’umukino wo guhatanira umwanya wa 3 uzahuza Patriots na Petro de Luanda.

US Monastir ibonye itike yo gukina umukino wa nyuma nyuma yo gutsinda Patriots amanota 87 kuri 46. Patriots BBC yari imbere y’abafana bayo ntiyabashije gutanga ibyishimo nk’uko byari byitezwe kuri iyi kipe ihagarariye u Rwanda muri iri rushanwa.

Agace ka mbere k’uyu mukino karangiye US Monastir ifite amanota 16 kuri 14 ya Patriots, agace ka kabiri karangira US Monastir itsinzemo amanota 21 kuri 6, agace ka gatatu karangira US Monastir itsinze amanota 28 kuri 11 mu gihe agace ka 4 karangiye Monastir itsinzemo amanota 22 kuri 13.

Walter Wallace Hodge wa zamalek mu bakinnyi beza b’irushanwa

Mu mukino wa mbere wa ½ cy’irangiza, SC Zamalek yageze ku mukino wa nyuma itsinze Petro de Luanda amanota 89 kuri 77.

Agace ka mbere karangiye amakipe yombi anganya manota 24 kuri 24, agace ka kabiri kegukanwa na Zamalek yatsinze amanota 31 kuri 15 ya Petro de Luanda, agace ka gatatu karangira Zamalek itsinze amanota 17 kuri 13, mu gihe agace ka kane ko kegukanywe na Petro de Luanda yatsinze amanota 19 kuri 17 ya Zamalek.

Umukino wo guhatanira igikombe ukazaba kuri iki cyumweru tariki ya 30 Gicurasi 2021 saa kumi zuzuye (4.00PM), mu gihe umukino wo guhatanira umwanya wa gatatu uzatangira saa sita n’igice z’amanywa (12.30AM) muri Kigali Arena.

Masai Ujili perezida wa Toronto Raptors
Umunye-Congo Dikembe Mutombo uzwi muri NBA
Bamwe mubashizwe ibarurishamibare, itangazamakuru ry’irushanwa n’abakozi ba FIBA

Related posts

Umuhanzi Justin w’i Kingogo yataramiye abo ku ivuko mu ntero igira iti ‘Muze turwubake’ [AMAFOTO]

NDAGIJIMANA Flavien

Abafatabuguzi ba MTN Rwanda barayishinja kubakura ku murongo amasaha hafi 8 itabateguje.

NDAGIJIMANA Flavien

Brazil: Umusifuzi yihagaritse mu kibuga hagati ubwo yasifuraga umukino

NDAGIJIMANA Flavien

Leave a Comment