Amizero
Ahabanza Amakuru Imikino

APR FC na AS Kigali zizahagararira u Rwanda zamenye amakipe bizahura

Tombola y’uko amakipe azahura mu marushanwa ya CAF isize amakipe ya APR FC na AS Kigali zimenye amakipe zizahura mu mikino y’amajonjora y’ibanze.

Ibi ni ibyavuye muri Tombola yabaye kuri uyu wa gatanu tariki ya 13 Kanama 2021 ku cyicaro cy’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru CAF, aho amakipe yo ku rwego rwo hasi abanza gukina imikino y’amajonjora mu marushanwa ya CAF Champions league ndetse na CAF Confederations Cup.

Muri iyi mikino y’amajonjora, APR FC yatwaye igikombe cya shampiyona hano mu Rwanda izacakirana na Mogadisho City Club yo muri Somalia.

Umukino ubanza iteganyijwe kubera Mogadishu ku itariki ya 12 na 14 Ukwakira 2021 naho uwo kwishyura ubere i Kigali ku itariki ya 17 kugera 19 Nzeri 2021. Ikipe izatambuka izacakirana na SC Sfaxier yo muri Tunisia  ku matariki ya 15 kugeraa 17 Ukwakira mu gihe uwo kwishyura uteganyijwe ku matariki ya 22 kugera 24 Ukwakira.

AS Kigali yabaye iya 2 muri shampiyona y’u Rwanda  ihura na  Olympique Missiri-Sima yo mu birwa bya Comoros.

Umukino ubanza iteganyijwe kubera i Moroni ku itariki ya 10 na 12 Nzeri 2021 naho uwo kwishyura ubere I Kigali ku itariki ya 17 kugera 19 Nzeri 2021. Ikipe izatambuka izahura na DC Motema Pembe yo muri DRC, aho biteganijwe ko umukino ubanza ku matariki ya 15 kugera 17 Ukwakira 2021 ndetse uwo kwishyura ukazaba hagati ya tariki 22 na 24 Ukwakira 2021.

Uko indi mikino ya champions league iteye:

Uko indi mikino ya CAF confederations cup iteye:

Related posts

CG (Rtd) Emmanuel Gasana yakatiwe igifungo cy’imyaka itatu n’amezi atandatu.

NDAGIJIMANA Flavien

Imikino Olempike: umutoza umwe yirukanwe undi ahabwa gasopo

NDAGIJIMANA Flavien

Umunyamakuru Kibel’Bel Oka yemeza ko M23 ifashijwe n’abaturanyi ishaka gufata Umujyi wa Goma.

NDAGIJIMANA Flavien

Leave a Comment