Ku wa 15 Mutarama 2026, hateganyijwe amatora y’umukuru w’Igihugu n’ay’avadepite mu gihugu cya Uganda. Kuri ubu, intumwa ziturutse mu muryango wa Afurika yunze ubumwe (AU), isoko uusange ry’ibihugu byo mu Burasirazuba n’Amajyepfo ya Afurika (COMESA) n’imuryango uharanira iterambere (IGAD) zageze muri Uganda kugenzura amatora.
Itangazo ryashyizwe hanze ku wa 11 Mutarama 2026, rivuga ko izi ntumwa zagiye muri iki gihugu ku butumire bwacyo na komisiyo y’amatora.
Ni intumwa ziyobowe na Goodluck Jonathan, wahoze ari Perezida wa Nigeria, Ambasaderi Shemsudin Ahmed Roble wo mu Nama ya COMESA ndetse na Abebe Muluneh Beyene wo muri IGAD.
Itangazo ryagaragaje ko izi ntumwa zigizwe n’indorerezi 84 z’igihe gito harimo izihagarariye ibihugu muri AU, sosiyete sivile, itangazamakuru, imiryango y’urubyiruko n’indi.
Izi ndorerezi zaturutse mu bihugu birimo u Rwanda, Algeria, Botswana, u Burundi, Cameroun, Repubulika ya Centrafrique, Tchad, Côte d’Ivoire, Djibouti, Eswatini, Ethiopia, Gambia, Ghana na Kenya.
Hari kandi abaturutse muri Lesotho, Ibirwa bya Maurice, Nigeria, Seychelles, Sierra Leone, Somalia, Afurika y’Epfo, Sudani y’Epfo, Sudani, Tanzania, Zambia, Zimbabwe n’ibindi.
Itangazo rivuga ko izi ndorerezi zizashyirwa mu bice byose bya Uganda kugira ngo zikurikirane ifungurwa ry’ibiro by’itora, igikorwa cyo gutora, gusoza no kubara amajwi.
Izi ndorerezi kandi zizakorana n’inzego za Leta, Itsinda rya Komisiyo y’Amatora, amashyaka ya politiki, ibitangazamakuru, sosiyete sivile, abahagarariye umuryango mpuzamahanga ndetse n’izindi ntumwa zigenzura amatora.

